Abanyamakuru

Charles Ruzindana

todayOctober 17, 2018 104

Background
share close

Navukiye i Huye mu ntara y’Amajyepfo, Rwanda ku itariki 1 Mutarama 1984.

 

Akazi k’ubunyamakuru

Natangiriye itangazamakuru kuri Radio Salus,nk’umunyamakuru wimenyereza umwuga,kuva mu mwaka wa 2008 kugeza mu mwaka wa 2011. Nyuma nerekeje mu kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) nk’umunyamakuru w’umukorerabushake,kuva mu mwaka wa 2012 kugeza mu mwaka wa 2014. Mu mwaka wa 2014 nanyuze gatoya muri TV One nk’umuyobozi w’ishami ry’amakuru,mpamara amazi 8.

Ubu ndi umunyamakuru wa KT Radio kuva muri Kanama 2014.

Natangiye ndi umunyamakuru wa Kigali Today mu karere ka Nyaruguru, Nyuma nza kwimurirwa mu karere ka Gisagara twombi two mu ntara y’Amajyepfo. Mu Ukwakira 2017, naje gukorera ku cyicaro cya Kigali Today Ltd, mu ishami ry’amakuru kuri KT Radio kugeza ubu.

Icyatumye nkunda itangazamakuru

Nakunze uyu mwuga nkiri muto cyane, aho najyaga nkora mikoro (microphone) nihimbiye nkajya nzivugiramo nk’abanyamakuru. Nakuze rero nkunda abanyamakuru,ndetse mu mashuri yisumbuye niyemeza kwiga ishami ry’indimi kuko numvaga ariyo nzira izamfasha kugera ku nzozi zanjye.

Amashuri

Nize Ikilatini n’indimi zivugwa (Latin et Langues Modernes) mu mashuri yisumbuye muri Koleji ya kristu Umwami, Muri kaminuza nize Itangazamakuru n’itumanaho muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda.

Kwidagadura

Nkunda film cyane cyane Comedy, na Horror.

Ibyo kurya

Nkunda ibirayi n’ibishyimbo bitogosheje.

Motto

“Dum spiro, spero”. – Ciceron

“While I breathe, I hope”.

“Tant que je respire, j’espère”.

Agira ati:”Igihe ngihumeka mfite icyizere”.

Written by: KTradiofm

Rate it

Previous post

Abanyamakuru

Cyprien Ngendahimana

Cyprien Ngendahimana ni umunyamakuru w'umwuga. Afite umpamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu itangazamakuru yavanye mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (ubu ni Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Huye). Yinjiye mu mwuga w'itangazamakuru mu mwaka wa 2008 yimenyereza kuri Radio y'abaturage ya Rusizi, yimenyereza mu bitangazamakuru byandikirwaga muri Kaminuza yizemo, ndetse mu 2010 atangira kwimenyereza umwuga w'itangazamakuru kuri Radio Salus. Mu mwaka wa 2011 arangije kwiga yakoze kuri Contact […]

todayOctober 17, 2018 99


Similar posts

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%