Day: August 31, 2022

11 Results / Page 1 of 2

Background

Inkuru Nyamukuru

RIB yafunze ukekwaho kubeshya Umukuru w’Igihugu

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Muhizi Anatole, ukekwaho kubeshya Perezida wa Repubulika ubwo yari mu ruzinduko mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, akaba yamubwiye ko yariganyijwe inzu ye. Muhizi Anatole Muhizi akurikiranweho icyaha cyo gutesha agaciro icyemezo cy’inzego z’ubutabera no gukekwaho gukoresha inyandiko mpimbano, ibyaha biteganywa kandi bihanwa n’ingingo za 262 na 276 z’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Uyu Muhizi Anatole, yabeshye ko yimwe ibyangombwa by’ubutaka birimo inzu iherereye […]

todayAugust 31, 2022 1716

Inkuru Nyamukuru

The Ben na Pamella basezeranye mu mategeko

Umuhanzi The Ben yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Uwicyeza Pamella, umuhango wabereye mu Murenge wa Kimihurura, mu Karere ka Gasabo. Kubera ko uwo muhango wateguwe mu ibanga rikomeye, abatumiwe ntabwo bari bemerewe kwinjirana telefone, hirindwa abafata amafoto ngo asakare mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga. Urukundo rwa The Ben na Pamela rumaze igihe rugaragazwa ku mbuga nkoranyambaga, aho mu kiganiro The Ben aherutse gukora, yavuze ko nta gitutu akwiye gushyirwaho […]

todayAugust 31, 2022 873

Inkuru Nyamukuru

Didier Drogba n’igikomangoma Charles mu bazita amazina abana b’ingagi

Urwego rw'Igihugu rw'iterambere RDB, kuri uyu wa gatatu tariki 31 Kanama 2022, rwatangaje ko Umunya - Cote d’Ivoire rurangiranwa muri ruhago, Didier Yves Tébily Drogba n'Igikomangoma Charles cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza, bari ku rutonde rw’abazita izina abana b’ingagi 20, mu muhango uteganyijwe mu Kinigi kuwa 2 Nzeri 2022. Umunyabigwi Didier Drogba ategerejwe mu muhango wo kwita izina abana b'Ingagi Igikomangoma Charles w'u Bwongereza, yaherukaga mu Rwanda ubwo yari […]

todayAugust 31, 2022 79

Inkuru Nyamukuru

BK Group yungutse arenga miliyari 28Frw mu gice cya mbere cya 2022

Ibigo bigize BK Group byatangarije abanyamigabane babyo hamwe n’abakiriya muri rusange, ko byungutse miliyari 28 na miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2022. BK Group ivuga ko iyi nyungu yiyongereye ku rugero rwa 24.5% ugereranyije n’iyabonetse mu gihe nk’iki cy’umwaka ushize wa 2021, aho yari yungutse miliyari 22 na miliyoni 800Frw. BK Group igizwe na Banki ya Kigali (BK Plc), Ikigo cy’Ubwishingizi BK Insurance hamwe […]

todayAugust 31, 2022 57

Inkuru Nyamukuru

Major General Nyakarundi yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika

Major General Vincent Nyakarundi Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare mu ngabo z'u Rwanda RDF, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA). Uru ruzinduko yagiriye muri Santrafurika ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, yasuye Ingabo z'u Rwanda ahitwa Socatel M'poko ku birindiro bikuru byazo muri Repubulika ya Santrafurika. Muri Mata uyu mwaka, Perezida wa Repubulika ya Santrafurika, Prof Faustin Archange Touadéra, […]

todayAugust 31, 2022 283

Inkuru Nyamukuru

Moussa Camara yatangiye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports (AMAFOTO)

Umunya-Mali Moussa Camara uheruka gusinyira ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangira imyitozo n’abandi bakinnyi ku kibuga cy’imyitozo kiri ku Ruyenzi. Moussa Camara aganira na muganga wa Rayon Sports Mugemana Charles Mu ijoro ryo ku wa 28/0/2022 ni bwo umunya-Mali Moussa Camara wigeze kugirira ibihe byiza mu ikipe ya Rayon Sports yageze mu Rwanda agarutse gukinira ikipe ya Rayon Sports. Ku wa Kabiri ni bwo rutahizamu Moussa Camara kugeza ubu ugaragaza […]

todayAugust 31, 2022 228

Inkuru Nyamukuru

Abanyarwanda bari bashimuswe na FARDC barekuwe

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yashimiye ubuyobozi bw’umujyi wa Goma, bwafashije Abanyarwanda bari bashimuswe n’ingabo za Congo (FARDC) gutaha mu Rwanda, nyuma yo gufatirwa mu kibaya gihuza ibihugu byombi barimo gutashya, bose bakaba bameze neza. Abari bashimuswe ni abo mu Karere ka Rubavu Ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022 mu masaha y’umugoroba, nibwo Abanyarwanda batandatu bari bashimuswe tariki 22 Kanama 2022 bagejejwe mu Rwanda banyujijwe ku mupaka munini […]

todayAugust 31, 2022 78

Inkuru Nyamukuru

Gilberto silva wakiniye Arsenal ari mu Rwanda

Gilberto Silva wakiniye Arsenal yo mu Bwongereza na Brezil, yageze mu Rwanda, aho ari umwe mu bazita amazina abana b'ingagi, mu muhango uzabera mu Kinigi, tariki 2 Nzeri 2022. Uyu mugabo w'imyaka 45, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 30 Kanama, aho aje binyuze mu bufatanye bwa Arsenal na RDB bainyuze muri Visit Rwanda. Abandi bantu batandukanye bamaze gutangazwa kwitabira uyu muhango barimo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango […]

todayAugust 31, 2022 318

Inkuru Nyamukuru

Ingabo z’u Rwanda zavuye abaturage muri Tanzania

Itsinda ry’abaganga 15 bo mu ngabo z’u Rwanda bifatanyije na bagenzi babo baturutse mu bihugu bigize Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba mu cyumweru cyahariwe ubutwererane bw’Ingabo n’abasivili (CIMIC) muri Tanzania, batanga ubuvuzi ku barwayi. Ni igikorwa cy’iminsi itatu cyatangiye kuva ku ya 29 kugeza ku ya 31 Kanama 2022. Mu minsi 2 ishize, itsinda ry’abaganga mu ngabo z’u Rwanda (RDF), bayobowe na Lt Col Vincent Mugisha, umuyobozi ushinzwe ubutwererane bw’ingabo […]

todayAugust 31, 2022 129

0%