Muzashyire umuturage ku isonga muri gahunda zanyu zose – Minisitiri Dr Biruta
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu Dr Vincent Biruta kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024 i Gishari mu Karere ka Rwamagana asoza cy’amahugurwa y’Abapolisi bato icyiciro cya 20 yabasabye kuzashyire umuturage ku isonga muri gahunda zose bazakora. Minisitiri Dr Biruta yabibukije kurangwa n’ikinyabupfura, gukora kinyamwuga, gukorana umurava, kwanga umugayo no guharanira ishema ry’u Rwanda n’abanyarwanda aho bazaba bari hose. Ati : “Bapolisi musoje aya mahugurwa ndabashimira kuba mwarahisemo neza […]