Inkuru Nyamukuru

6248 Results / Page 1 of 695

Background

Inkuru Nyamukuru

Muzashyire umuturage ku isonga muri gahunda zanyu zose – Minisitiri Dr Biruta

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu Dr Vincent Biruta kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024 i Gishari mu Karere ka Rwamagana asoza cy’amahugurwa y’Abapolisi bato icyiciro cya 20 yabasabye kuzashyire umuturage ku isonga muri gahunda zose bazakora. Minisitiri Dr Biruta yabibukije kurangwa n’ikinyabupfura, gukora kinyamwuga, gukorana umurava, kwanga umugayo no guharanira ishema ry’u Rwanda n’abanyarwanda aho bazaba bari hose. Ati : “Bapolisi musoje aya mahugurwa ndabashimira kuba mwarahisemo neza […]

todayOctober 25, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda basabye Minisitiri w’intebe kongererwa imishahara

Abakozi ba Kaminuza y'u Rwanda basabye Minisitiri w'Intebe w'u Rwanda ko hatekerezwa ku kuntu abayikoramo bakongererwa imishahara. Babimubwiye ubwo batangaga impamyabumenyi ku banyeshuri basaga ibihumbi umunani bayirangijemo, na we yitabiriye, kuri uyu wa 25 Ukwakira 2024. Prof David Tuyishime, umwalimu wavuze mu izina rya bagenzi be bakorana muri Kaminuza y'u Rwanda, yabwiye Minisitiri w'Intebe ko bishimira kuba ingorane bagiye babagaragariza zaragiye zikenuka, ariko ko kuri ubu noneho bahangayikishijwe n'abakozi bafite […]

todayOctober 25, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kigali : Ibiza byahitanye babiri abandi barakomereka

Imvura yaguye mu rukerera rwo ku itariki 24 Ukwakira 2024 mu Mudugudu wa Nyakanunga, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo umukingo wagwiriye inzu abantu bane barimo n’umuturanyi umwe barakomereka bikomeye. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yatangarije Kigali Today ko Uwo mukingo ukimara kugwira abantu hakozwe ubutabazi bwihuse bajyanwa kwa muganga ngo bitabweho bagezeyo abana babiri bo muri uwo muryango bahita bapfa […]

todayOctober 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

Nyamagabe: Umwarimukazi arifuza gufashwa kugeza icyumba cy’umukobwa mu Midugudu

Umwarimukazi wo mu Karere ka Nyamagabe arasaba ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abagore n’izindi nzego, kumufasha kugeza gahunda yise icyumba cy’umukobwa mu Midugudu itandukanye, mu rwego rwo kubonera abakobwa ibikoresho by’isuku. Nyiramahirwe avuga ko amaze kwigisha abakobwa basaga 60 uko bakwikorera kotegisi, ariko asanga bikwiye kurenga Umudugudu atuyemo bigafasha n’abandi Uwo mwarimukazi witwa Nyiramahirwe Domina uherutse no kugeza igitekerezo cye mu nteko rusange y’Inama y’Igihugu y’abagore mu Ntara y’Amajyepfo, atangaza ko icyo […]

todayOctober 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

Bugesera: Abari hagati ya 180-250 basaba serivisi z’ubuzima bwo mu mutwe buri kwezi

Mu rwego rw’Ukwezi kwahariwe kwita ku buzima bwo mu mutwe, gufite insanganyamatsiko igira iti ‘Twite ku buzima bwo mu mutwe aho dukorera’, bamwe mu bashinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Karere ka Bugesera, basobanuye bimwe mu biranga umuntu ufite ubuzima bwo mutwe butameze neza cyangwa se bwahuye n’ikibazo cyabuhungabanyije. Mu kiganiro kuri Radio Izuba, Murorunkwere Julienne, ushinzwe ubuzima bwo mu mutwe muri AVEGA-Bugesera yavuze ko bimwe mu byagombye […]

todayOctober 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

USA: Abarenga miliyoni zirindwi ntibarafata umwanzuro y’uwo bazahitamo mu matora

Mu gihe habura ibyumweru bibiri gusa, abatuye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, abaturage bakihitiramo Umukuru w’Igihugu, abarenga miliyoni zirindwi (7), ntabwo baragira amahitamo y’uwo bazatora hagati y’Umurepubulikani, Donald Trump n’Umudemukarate Kamala Harris. Muri aya matora ateganyijwe tariki 05 Ugushyingo 2024, ibipimo bya politiki biragaragaza ko ku baturagege bagera kuri miliyoni 244 bagejeje igihe cyo gutora, 3% (ni ukuvuga abaturage byibura 7,320,000) ntabwo barafata icyemezo ku mukandia bazahitamo. Umushakashatsi John Johnson […]

todayOctober 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Samoa byasinyanye amasezerano mu bijyanye na dipolomasi

Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatatu, hagati y’u Rwanda na Samoa agamije gutangiza umubano mu bya dipolomasi, binyuze mu gushyiraho za ambasade hagati y’ibihugu byombi. Ni amasezerano yasinyiwe muri Samoa, ashyirwaho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe ndetse na mugenzi we wa Samoa akaba na Minisitiri w’Intebe, Afioga Fiamē Naomi Mata’afa. Aya masezerano yasinywe mu gihe Samoa iri kwakira Inama y’Abakuru b’Ibihugu […]

todayOctober 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare: Ku myaka 18 ntarabona indangamuntu kubera kutandikwa mu irangamimerere

Umukobwa wivugira ko afite imyaka 18 y’amavuko, ari mu gihirahiro cyo kutagira indangamuntu kubera ko ababyeyi be batamwandikishije mu irangamimerere ndetse akaba nta cyangombwa na kimwe afite kigaragaza imyaka ye y’amavuko. Nyinawumuntu Dinah, amazina twamuhaye kubera ko atifuza kugaragara mu itangazamakuru, avuga ko mu byumweru bibiri bishize yagiye ku biro by’Umurenge wa Nyagatare, ashaka kwiyandikisha kugira ngo yifotoze abone indangamuntu ariko agasanga atari mu gitabo cy’irangamimerere. Avuga ko yasabwe kuzana […]

todayOctober 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

Sinema: Idris Elba yatangaje impamvu ashaka kwimukira muri Afurika

Umukinnyi wa film w’Umwongereza, Idris Elba yabwiye BBC ko afite gahunda yo kwimukira muri Afurika, akahamara imyaka 10 muri gahunda afite yo gushyigikira umwuga wo gukina film kuri uyu mugabane. Idris Elba w’imyaka 52, wamamaye muri film y’uruhererekane ‘The Wire’, yiyemeje kubaka studio mu birwa bya Zanzibar muri Tanzania, akubaka n’indi Accra mu Murwa Mukuru wa Ghana. Elba wavukiye London, nyina ni uwo muri Ghana ise akaba uwo muri Sierra […]

todayOctober 23, 2024

0%