Inkuru Nyamukuru

5383 Results / Page 1 of 599

Background

Inkuru Nyamukuru

Amanota y’abarangije amashuri yisumbuye yatangajwe

Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) hamwe n’ibigo biyishimikiyeho batangaje amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, aho uwatsinze ku rugero rw’ikirenga yagize 60 mu gihe urugero rwa nyuma ari 9. Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati, yasobanuye ibyavuye mu bizamini Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), Dr Bernard Bahati, yagize ati "Muri aba banyeshuri bose barangije amashuri yisumbuye, uwagize ikigereranyo cyo hejuru ni ukuba afite 60, ntabwo ari amanota 60, hanyuma […]

todayDecember 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

Gukoresha ikoranabuhanga mu ibarura rusange byatumye dusagura hafi miliyari 7- NISR

Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) kiratangaza ko kubera gukoresha ikoranabuhanga mu ibarurarusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe ku nshuro ya 5, byatumye basagura hafi Miliyari 7 z’amafaranga y’u Rwanda ku yari yarateganyijwe. Habarugira Venant, umuyobozi ushinzwe ibarura muri NISR avuga ko bategura ibarura bari baragennye ko rizarangira ritwaye Miliyari 30 z’amafaranga y’u Rwanda ariko kubera gukoresha ikoranabuhanga babona bazasagura. “N’ubwo ibigomba gukorwa byose bijyanye n’ibarura bitararangira ubu tugenekereje turabona ko tuzakoresha agera kuri […]

todayDecember 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

Tito Rutaremara wiganye na Twagiramungu, aramwifuriza gushyingurwa iwabo i Rusizi

Muzehe Tito Rutaremara wiganye na Faustin Twagiramungu muri Collège Saint André i Kigali mu myaka ya 1959-1961, aramwifuriza ko yazanwa mu Rwanda agashyingurwa iwabo i Rusizi. Kigali Today yaganiriye na Muzehe Tito Rutaremara wiganye na Twagiramungu Faustin Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu myaka ya 1994-1995 (nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi), yitabye Imana mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023 ari i Buruseli mu Bubiligi, aho […]

todayDecember 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Igiciro cy’ibirayi cyagabanutse

Akanyamuneza ni kose ku maso ya benshi mu batuye Intara y’Amajyaruguru, by’umwihariko mu karere ka Musanze nyuma y’uko igiciro cy’ibirayi kimanutse kikagera kuri 400FRW kivuye ku 1000frw Ubwoko bw’ibirayi bwa Kinigi ikiro kiri kugura amafaranga 400 Ubwo kigaliToday yageraga mu masoko anyuranye y’ibirayi akorera mu Karere ka Musanze, yaganiriye n’abajya guhaha ndetse n’abavayo bishimira imanuka ry’igiciro cy’ibirayi, aho hari n’abemeza ko bari barabivuyeho nyuma y’itumbagira ry’ibiciro. Mu mezi ashize, mu […]

todayDecember 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

Minisiteri y’Ubuzima yafunze amavuriro umunani

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yafunze amavuriro umunani yavuraga mu buryo bwa gakondo kubera ko amwe muri ayo mavuriro yakoraga adafite ibyangombwa mu gihe andi yamamaje ibikorwa byayo kandi bitemewe. Hari abavuga ko bavura indwara zose, bakifashisha n’ibikoresho biteye impungenge ku buzima bw’abantu Aya mavuriro yafunzwe arimo iryitwa Kunga Therapy, Kingo Herbal Medecine, Muganga Rugamba, Fora urinde, Zeovia, African Culture Medecine Zeoviva, Green Vision Nutrition na Ijabo Life Center. Minisiteri y’Ubuzima […]

todayDecember 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

Urubyiruko rurasabwa kugira ubumenyi bukenewe kugira ngo rutange umusanzu mu iterambere

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, avuga ko urubyiruko rukeneye kugira ubumenyi bukenewe, kugira ngo rubashe gutanga umusanzu warwo mu iterambere. Ibi yabitangaje ku wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023, ubwo yatangizaga ihuriro ry’imishinga y’udushya, ryateguwe n’Urubuga Mpuzamahanga (UNLEASH). Ni ihuriro ryitabiriwe n’urubyiruko 1000, baturutse mu bihugu 136 byo hirya no hino ku Isi. Abari muri iri huriro, batoranyijwe muri bagenzi babo kubera imishinga yabo myiza igamije gutanga ibisubizo mu nzira […]

todayDecember 3, 2023

Inkuru Nyamukuru

Banki ya Kigali na Banki y’Ishoramari y’u Burayi ziyemeje gufasha abahinzi mu Rwanda guhangana n’imihindagurikire y’ikirere

Banki ya Kigali ku bufatanye na Banki y’Ishoramari y’Abanyaburayi (European Investment Bank, EIB) ziyemeje gufasha abahinzi ndetse n’abandi bashora imari mu buhinzi binyuze muri gahunda nshya yashyizwemo miliyoni 100 z’amayero, igamije kubafasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere ku bukungu ndetse n’imibereho myiza. Abayobozi ku mpande zombi bashyize umukono ku masezerano y’imikoranire Iyi gahunda nshya yashowemo angana na miliyoni 100 z’amayero yemejwe ku wa Gatandatu tariki 02, Ukuboza 2023 i Dubai muri […]

todayDecember 3, 2023

Inkuru Nyamukuru

Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda begukanye irushanwa ryo kurwanya Sida mu mukino wa Volleyball

Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (RWAFPU-1) bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), begukanye igikombe mu irushanwa ry’umukino w’intoki wa Volleyball ryo kurwanya Sida. Ni irushanwa ryateguwe na Polisi y’umuryango w’Abibumbye muri icyo gihugu (UNPOL) mu rwego rwo kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya Sida, wizihizwa buri mwaka ku itariki ya 1 Ukuboza. Ku mukino wa nyuma wabereye mu gace ka Malakal mu Ntara ya Upper Nile ku wa […]

todayDecember 3, 2023

Inkuru Nyamukuru

Nyamasheke: Umuturage yasanganywe umwobo bivugwa ko wari uwo gutamo abantu

Nkurunziza Ismael utuye mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke arashakishwa nyuma yo gukekwaho gushaka guta umumotari mu cyobo yacukuye mu nzu. Ni icyobo gifite metero eshatu n’igice z’ubujyakuzimu, gisanzwe gicukuye mu nzu ariko kikaba cyari gitwikirijwe imbaho n’inzitiramubu. Ukomejegusenga Eliezer uyobora Umurenge wa Bushenge yabwiye Kigali Today ko icyobo cyasibuwe ariko basanze nta bandi yatayemo uretse uwo yashatse gutamo ariko ntabigereho. Umuyobozi urimo kuyobora Umurenge wa Bushenge mu […]

todayDecember 3, 2023

0%