Dore ibipimo bifatwa mu kureba ubuziranenge bwa kasike za moto
Urwego rutsura ubuziranenge, Rwanda Standards Board (RSB) rwamaze kubaka Labaratwari ipima ubuziranenge bw’ingofero z’abagenda kuri moto (Kasike), ndetse abakozi barwo bakaba bamaze igihe bitoza gukora uwo murimo nyuma yo kubona ko mu ngofero abamotari bafite, inyinshi zitarinda abantu gukomereka umutwe. Amabwiriza y’Ubuziranenge bwa kasike yashyizweho na RSB ifatanyije n’inzego zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Umuryango urwanya impanuka zibera mu muhanda (HPR) hamwe na ’Féderation International de l’Automobile (FIA) Foundation’, ateganya […]