Huye: Ababuriye ababo mu kirombe i Kinazi baribaza uzabishyura impozamarira
Nyuma y’uko tariki 12 Nyakanga 2024 Urukiko rukuru rw’i Nyanza ruburanisha ku rwego rw’ ubujurire imanza z’inshinjabyaha rwarekuye na babiri bari bagikurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwaviriyemo batandatu gupfa, i Kinazi mu Karere ka Huye, ababuze ababo baribaza uzabishyura impozamarira. Babivuga nyuma y’uko muri batanu bari bakurikiranyweho biriya byaha, babiri bari babihamijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Huye, ari bo Rtd Major Paul Katabarwa n’uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa […]