Nyagatare: Bamwe mu baganga banga gukorera mu cyaro
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko muri rusange Ibigo Nderabuzima byo mu Karere bifite ikibazo cy’abaganga bacye ariko by’umwihariko ibyo mu cyaro ariho hari ikibazo cyane kuko hari abahabwayo akazi bakanga kujyayo. Ikibazo cy’ubucye bw’abaganga cyagaragaye cyane ku Kigo Nderabuzima cya Muhambo mu Murenge wa Mukama aho ku baganga umunani bagomba kuhaba hari batatu gusa. Ibi ngo byatumye abaturage batishimira serivisi bahabwa bagahitamo kujya […]