Muganga w’abagore wari umaze imyaka 11 atarabyara yibarutse impanga
Muganga w’abagore, Dr Samuel Ndayishimiye uzwi cyane ku izina rya Sam, yabyaye ubwa mbere nyuma y’imyaka hafi cumi n’umwe (11) yari amaze ashatse, ariko bataragira amahirwe yo kubyara. Dr Sam n’abana be Ku wa Gatatu tariki 28 Gashyantare 2024, nibwo abana babiri b’impanga b’abakobwa bavutse, bavukiye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, zikaba ari zo mfura z’uwo muryango, wari umaze igihe utegereje kuzabona uwo mugisha. Dr Sam ni umuganga w’abagore ubimazemo […]