Impapuro zizaba zitandukanye mu mabara: Byinshi ku matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko yatangiye imyiteguro y’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite ateganyijwe tariki 15 Nyakanga 2024. Ibi Komisiyo yabitangaje mu kiganiro ‘Dusangire Ijambo’ cyatambutse kuri Televiziyo y’u Rwanda tariki 25 Gashyantare 2024, abayobozi b’iyi Komisiyo bakaba batangaje ko aya matora azakorwa binyuze mu mucyo. Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa, avuga ko Abanyarwanda bishimiye uburyo aya matora yakomatanyijwe. Ati “Abafatanyabikorwa bari mu mitwe ya Politiki ndetse […]