Musanze: Ibibanza byatinze kubakwa bishobora gushyirwamo ubusitani na Parikingi
Mu gihe mu mujyi wa Musanze hakomeje kugaragara umubare utari muto w’ibibanza, bimaze imyaka myinshi hategerejwe ko ba nyirabyo babyubaka ariko ntibabikore, harimo gutekerezwa uko byatunganywa bigaterwamo ubusitani ahashoboka hakagirwa Parikingi. Bimwe mu bibanza bigaragara ko biteje isuku nke Bimwe muri ibyo bibanza birimo n’ibigiye biri hagati y’inyubako nshya zamaze no kuzura, aho byo byarengewe n’ibihuru, ibindi bikaba birunzemo ibimene by’amatafari by’inzu zahahoze ariko zikaza gusenywa, hakaba ibikikijwe amabati bigaragara […]