Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 105 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Nyuma y’uko Rubingisa akuwe ku buyobozi bw’Umujyi wa Kigali, harakurikiraho iki?

Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, Dr Kayihura Muganga Didas, yatangaje ko Urujeni Martine ari we uyoboye by’agateganyo Umujyi wa Kigali, mu gihe hagitegerejwe ko Abajyanama baza gutora abayobozi bashya. Ibiro by’Umujyi wa Kigali Urujeni asanzwe ari Umuyobozi wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imibereho y’Abaturage, akaba ari n’umwe mu bagize Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali. Dr Kayihura avuga ko Umujyi wa Kigali uza kurara ubonye abayobozi bashya kuri uyu wa Gatanu tariki […]

todayDecember 15, 2023

Inkuru Nyamukuru

Abarimu basabye Leta kuborohereza kubona amacumbi ahendutse

Mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Mwarimu wabaye kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza 2023, abarimu bongeye kwibutsa Leta y’u Rwanda kubatekerezaho bakabafasha kubona amacumbi yo kubamo mu buryo buhendutse. Abarimu barishimira ibyo Leta yabagejejeho Nambajimana Jean Pierre, umurezi mu ishuri rya FAWE Girls Schools riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, wavuze mu izina rya bagenzi be, yavuze ko Leta y’u Rwanda yabafashije muri byinshi ariko bakwiye […]

todayDecember 15, 2023

Inkuru Nyamukuru

Imbamutima za mwarimu Mukaruberwa wigishije Minisitiri w’Uburezi

Ubutumwa bwazindukiye ku rubuga rwa X, bwanditswe na Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard, ni ubwifuriza abarimu umunsi mukuru mwiza bizihije kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza 2023, yongeraho ko ahoza ku mutima umwarimu wamwigishije mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza witwa Epihanie. Minisitiri Twagirayezu Gaspard na Mwarimu we Mukaruberwa Epiphanie Uko gushimirwa n’umunyeshuri yigishije akaba yarageze ku rwego rwa Minisitiri, byahagurukije Kigali Today ijya gushaka uwo mwarimu witwa Mukaruberwa Epiphanie, […]

todayDecember 15, 2023

Inkuru Nyamukuru

Minisiteri y’Urubyiruko yongerewe inshingano

Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe tariki 14 Ukuboza 2023, riravuga ko hakozwe impinduka zigamije guteza imbere no gushyigikira politiki y’ubuhanzi n’umuco. Minisiteri y’Urubyiruko iyoborwa na Minisitiri Dr Abdallah Utumatwishima yongerewe ibijyanye n’Ubuhanzi mu nshingano zayo Izo mpinduka zivuga ko Minisiteri y’Urubyiruko (MINIYOUTH) yongerewe inshingano z’ubuhanzi zari zisanzwe muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE); ikitwa Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi. Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) izagumana umurage ndangamuco […]

todayDecember 15, 2023

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Netflix

Perezida Paul Kagame yabonanye na Wilmot Reed Hastings Jr, Umuyobozi Mukuru w’urubuga rwa Netflix rumaze kubaka izina mu kwerekana filime ku Isi aho baganiriye ku bufatanye busanzwe buriho hagati y’u Rwanda n’uru rubuga. Umukuru w’Igihugu yakiriye, bwana Reed Hastings kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza 2023, nk’uko Village Urugwiro, ibiro bya Perezida wa Repubulika byabitangaje. Uretse kuba abayobozi bombi baganiriye ku bufatanye busanzweho hagati y’impande zombi, bagarutse no kuri […]

todayDecember 14, 2023

Inkuru Nyamukuru

Impinduka mu Buyobozi: Rubingisa na Barore bahawe inshingano nshya

Ashingiye ku biteganywa n’itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, cyane cyane mu ngingo zaryo iya 111 n’iya 112;Ashingiye kandi ku biteganywa n’ltegeko N°14/2013 ryo ku wa 25/03/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere by ’Intara, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 9; none ku wa 14 Ukuboza 2023, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi bakurikira: Mu Biro by Umukuru w’Igihugu: Bwana Valens Uwineza: Umuyobozi w’ibiro bya Perezida wa RepubulikaMadamu Juliana Kangeli Muganza: Umuyobozi Wungirije w’lbiro […]

todayDecember 14, 2023

Inkuru Nyamukuru

Minisitiri Ngabitsinze yagaragaje inzego u Rwanda rwifuzamo ishoramari

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, yagaragaje ko hari inzego nyinshi abashoramari bo mu Buhinde bashobora gufatanyamo n’u Rwanda, bishingiye ku mubano ukomeye hagati y’ibihugu byombi wagiye urushaho kwaguka uko imyaka yagiye itambuka bikajyana n’ubufatanye bushingiye ku kwiyemeza kuzamura ubukungu. Minisitiri Ngabitsinze yagaragaje inzego u Rwanda rwifuzamo ishoramari Ibi ni ibyagarutsweho ku wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023, mu ihuriro ry’abashoramari bo mu Buhinde bari mu Rwanda mu kurebera […]

todayDecember 14, 2023

Inkuru Nyamukuru

Amasaha yemerera utubari n’ahabera imyidagaduro gukora nijoro yongerewe

Guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, ahabera imyidagaduro ni ukuvuga mu tubari, utubyiniro na za resitora, hongerewe amasaha yo gukora nijoro, muri iki gihe u Rwanda rwinjiye mu minsi mikuru. Ibikorwa birimo amahoteli, resitora, utubari n’utubyiniro byemerewe gukora kugeza saa munani z’ijoro kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Kane. Ibyo bikorwa byemerewe gukora ijoro ryose mu yindi minsi ni ukuvuga ku wa Gatanu, muri wikendi no […]

todayDecember 14, 2023

Inkuru Nyamukuru

Abagenda muri bisi nshya z’amashanyarazi bishimira ko uwazirwariramo ahita avurwa

Hashize iminsi abatuye n’abagenda mu Mujyi wa Kigali bumva ibijyanye na bisi nshya zikoresha amashanyarazi, ariko ubanza benshi bataramenya ko ari imodoka zishobora gutangirwamo ubuvuzi bw’ibanze ku bagenzi, ababizi bakaba babyishimira. Imwe mu miti yafasha umugenzi urwaye Uretse kuba ari imodoka zifite umwihariko w’uko zikoresha amashanyarazi, bitandukanye n’izindi zari zisanzwe zikora akazi ko gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ariko kandi muri izo modoka hashobora gutangirwamo ubuvuzi bw’ibanze ku ndwara […]

todayDecember 14, 2023

0%