Hamenyekanye igihe amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite azabera
Umunsi w’itora rya Perezida wa Repubulika n’iry’Abadepite 53 batorerwa kuri lisiti y’amazina ndakuka, y’abakandida batangwa n’imitwe ya politiki cyangwa biyamamaza ku giti cyabo, ni tariki ya 15 Nyakanga 2024. Ibi byasohotse mu Iteka rya Perezida n° 077/01 ryo ku wa 11/12/2023 ryerekeye amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite. Ku Banyarwanda batorera hanze y’u Rwanda, umunsi w’ayo matora uzaba ari ku Cyumweru, tariki ya 14 Nyakanga 2024. Mu ngingo ya 3 […]