Abikorera, RURA n’Abayobozi b’amashuri baje imbere mu hagaragara ruswa
Icyegeranyo ngarukamwaka cya 2023 cy’Umuryango Transparency International Rwanda, kigaragaza ko mu nzego z’Abikorera, mu Rwego Ngenzuramikorere(RURA) no mu Bayobozi b’Amashuri ya Leta, harimo abamunzwe na ruswa ku rugero rurusha abandi mu Rwanda. Iki cyegeranyo kigaragaza ko abikorera bakira bakanatanga ruswa mu mirimo itandukanye y’ubucuruzi, muri RURA bakaba barayakiriye mu bijyanye no gutwara abantu n’ibintu, mu gihe abayobozi b’amashuri bo ngo bakira ruswa mu kugemurirwa ibiribwa by’abana. Inzego z’Abikorera zihariye 15.6%, […]