Amerika igiye gusubira ku kwezi nyuma y’imyaka 51
Nyuma y’imyaka 51 ubutumwa bw’urugendo rwa nyuma rw’icyogajuru cya Amerika kigana ku kwezi cyiswe Apollo 17 rukozwe, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kongera kohereza icyogajuru ku kwezi mu mpera z’uyu mwaka, bikaba biteganyijwe ko kizahagera mu ntangiriro za 2024. AFP dukesha iyi nkuru ivuga ko iki cyogajuru cyiswe ‘Pregrine’ kizahagurukira ahagurukirizwa ibyogajuru i Florida ku itariki ya 24 Ukuboza uyu mwaka kikazagera ku kwezi ku itariki 25 Mutarama 2024 […]