Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 122 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Israheli: Hamas yemeye kurekura abagore n’abana yari yafashe bugwate

Nyuma y'igitero umutwe wa Hamas wagabye kuri Israheli mu kwezi gushize ikanashimuta bamwe mu baturage bakajyanwa mu Ntara ya Gaza bashobora kurekurwa kuri uyu wa Kane. Ni nyuma y’amasezerano yagezweho hagati y’impande zombi, akubiyemo ko ingabo za Isiraheli zitanga agahenge k’iminsi ine. Ayo masezerano yatangajwe n’igihugu cya Qatar akubiyemo ko Hamas izarekura abagore n’abana bagera kuri 50, mu gihe Israheli nayo izarekura umubare utatangajwe w’abagore n’abana b’abanya Palestina bafungiye muri […]

todayNovember 22, 2023

Inkuru Nyamukuru

Gicumbi: Umukobwa arakekwaho gutwika umusore amuziza kumubeshya urukundo

Umukobwa w’imyaka 20 ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Rutare mu Karere ka Gicumbi, aho akekwaho gutwika umusore w’imyaka 30 bahoze bakundana, akoresheje lisansi, nyuma y’uko asanze yarongoye undi mugore w’imyaka 25 y’amavuko. Byabereye mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 21 Ugushyingo 2023, aho uwo mukobwa yagiye gusura uwo musore basanzwe bakundana agasanga yashatse undi mugore. Nyuma yo kumusangana undi, […]

todayNovember 22, 2023

Inkuru Nyamukuru

CG (Rtd) Emmanuel Gasana yaburanye mu bujurire ku gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

CG (Rtd) Emmanuel Gasana, wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare ko atanyuzwe n’umwanzuro w’Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare umufunga by’agateganyo kuko hatitawe ku mpamvu yagaragaje zituma aburana adafunze. CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana (Ifoto yo mu bubiko) Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Ugushyingo 2023, ubwo yari mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, ku bujurire bw’icyemezo cy’urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare rwamusabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. CG Rtd […]

todayNovember 22, 2023

Inkuru Nyamukuru

Burkina Faso: Abantu 15 baguye mu bitero by’iterabwoba

Muri Burukina Faso, abantu 15 biganjemo abasivili, biciwe mu bitero by’abarwanyi ba kiyisilamu, byabereye icyarimwe mu mpera z’icyumweru, mu burasirazuba bw’igihugu. Amakuru aturuka muri ako karere no mu bashinzwe umutekano, avuga ko izi ntagondwa zishe abantu 15 barimo abasirikare batatu kuwa gatandatu. Ni mu bitero byakorewe igihe kimwe, mu mujyi wa Diapaga w’intara ya Tapoa, mu burasirazuba bwa Burukina Faso. Kondia Pierre Yonli, umuvugizi w’umuryango wa sosiyete sivili muri ako […]

todayNovember 22, 2023

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Burkina Faso mu bufatanye mu gucunga umutekano

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, ku wa Kabiri tariki ya 21 Ugushyingo, yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Burkina Faso, Controller General Dr. Roger Ouedraogo n'intumwa ayoboye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Izi ntumwa zirangajwe imbere n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Burkina Faso, Dr. Roger Ouedraogo, ziri mu ruzinduko mu Rwanda ruzamara icyumweru, zakiriwe ku Cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, ahabereye inama yahuje impande […]

todayNovember 22, 2023

Inkuru Nyamukuru

Sony Entertainment Group igiye gushora imari muri Afurika

Sosiyete ya Sony Entertainment Group, yatangaje ko ifite gahunda yo gushora miliyoni 10 z’amadorali ya Amerika mu bigo bigitangira bifite aho bihuriye n’imyidagaduro ku mugabane wa Afurika. Sony-Group igiye gushora imari mu rwego rw’imyidagaduro muri Afurika Mu itangazo iyi sosiyete iherutse gushyira hanze, yavuze ko iri shoramari rigamije guteza imbere imyidagaduro muri Afurika rizanyuzwa mu kigega cya Sony Innovation Fund: Afurika (SIF: AF). Umuyobozi mukuru wa Sony Ventures, Gen Tsuchikawa, […]

todayNovember 22, 2023

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame n’Umuyobozi mu butasi bwa Amerika baganiriye ku mutekano muri RDC

Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubutasi bwa Amerika, Avril Haines n’itsinda yari ayoboye, baganira ku bibazo by’umutekano muke muri Repubulika Iharanida Demokarasi ya Congo (RDC). Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko ibyo biganiro byabaye tariki 19 Ugushyingo 2023, Perezida Kagame na Madamu Avril bakaba baraganiriye ku buryo bwo gukemura no gushaka umuti w’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo. Madamu Avril Haines yakiriwe na Perezida […]

todayNovember 22, 2023

Inkuru Nyamukuru

Rwamagana: Umwana na nyina mu bafatanywe ibilo 105 by’urumogi

Polisi y'u Rwanda ku bufatanye n'abaturage mu Karere ka Rwamagana yafashe abantu batatu barimo umugore n'umwana we, bari bafite urumogi rupima Kg 105.  Bafatiwe mu Kagari ka Ntunga mu murenge wa Mwurire ku Cyumweru tariki ya 19 Ugushyingo, ahagana ku isaha ya saa tatu z'ijoro. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko rwari ruturutse mu gihugu cy'abaturanyi cya Tanzania hifashishijwe inzira zitemewe. Yagize ati: […]

todayNovember 21, 2023

Inkuru Nyamukuru

USA: Ubujurire bw’umupolisi wahamijwe kwica Floyd bwateshejwe agaciro

Urukiko rw'Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, rwateye utwatsi ubujurire bw'uwoh0ze ari umupolisi Derek Chauvin, wahamwe n'icyaha cyo kwica George Floyd. Umwirabura George Floyd, yapfuye tariki 25 Gicurasi 2020 mu mujyi wa Minneapolis, muri leta ya Minnesota, mu majyaruguru y'uburengerazuba bwo hagati muri Leta zunze ubumwe z'Amerika. Uyu mupolisi w’umuzungu Derek Chauvin yamwishe ubwo yari amutsikamije ivi ku gikanu iminota igera ku cumi, yamwubikishije inda ku butaka, yamwambitse n’amapingu inyuma […]

todayNovember 21, 2023

0%