Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 125 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Hasojwe amahugurwa agenewe abapolisi bacunga umutekano wo mu mazi

Ku wa Kabiri tariki ya 14 Ugushyingo, abapolisi 20 bo mu Ishami rya Polisi rishinzwe gucunga umutekano wo mu mazi, basoje icyiciro cya mbere cy’amahugurwa y’ibanze ajyanye no guhangana n’ibyahungabanya umutekano hifashishijwe inzira zo mu mazi (Basic Course on Coast Guard Functions).   Ni amahugurwa yari amaze ukwezi, mu Karere ka Rubavu, atangwa n'itsinda ry’abarimu bo mu gihugu cy'u Butaliyani bo mu mutwe ushinzwe gucunga umutekano w'ibiyaga n'ibyambu, ku bufatanye bwa […]

todayNovember 15, 2023

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwamaganye icyemezo cy’urukiko ku kwakira abimukira

Yolande Makoro, Umuvugizi wa Guverinoma Umwanzuro uru rukiko rwatangaje uyu munsi, uvuga ko kohereza aba bimukira mu Rwanda bitubahirije amategeko. Urukiko kandi rwavuze ko abimukira baramutse boherejwe mu Rwanda nta mutekano wizewe baba bafite. Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yavuze ko u Rwanda rubabajwe no kumva uru rukiko ruvuga ko abimukira baramutse baje mu Rwanda bataba bafite umutekano. Yagize ati: “U Rwanda n’ubwongereza bamaze igihe bakorana bya hafi […]

todayNovember 15, 2023

Inkuru Nyamukuru

Urukiko rwategetse ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo 2023, Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare, rwategetse ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana, afungwa iminsi 30 y’agateganyo. Urukiko rwemeje ko kubera impamvu zikomeye zituma CG (Rtd) Gasana, akekwaho ibyaha yakurikiranwa afunze by’agateganyo iminsi 30, kugira ngo iperereza rikomeze. Urukiko rusanga kuba CG (Rtd) Gasana yarabaye umusirikare ukomeye akabona n’ipeti risumba ayandi muri Polisi y’Igihugu, hari impungenge ko arekuwe yabangamira iperereza kubera […]

todayNovember 15, 2023

Inkuru Nyamukuru

Ikiganiro Dunda Show cya Kt Radio gihataniye igihembo muri Karisimbi Entertainment Awards

Ikiganiro 'Dunda Show' cya Kt Radio gikunzwe na benshi mu Rwanda kiri mu bihataniye ibihembo bya Karisimbi Entertainment Awards 2023 bizatangwa mu mpera z'Ugushyingo. Ikiganiro Dunda Show gihataniye igihembo cya Kalisimbi Entertainment Awards Tariki ya 8 Ugushyingo nibwo hatangiye amatora azarangira saa sita z'ijoro ku ya 30 Ugushyingo 2023, nk'uko ubuyobozi bwa Karisimbi Entertainment Awards babitangaje. Ikiganiro Dunda Show gisanzwe gikorwa na Kasirye Martin bazi ku izina rya MC Tino […]

todayNovember 13, 2023

Inkuru Nyamukuru

RDC: Abantu 19 baguye mu gitero cy’abarwanyi ba ADF

Abantu 19 baguye mu gitero cy'abarwanyi biyitirira idini ya Islamu, ADF, cyagabwe ku cyumweru mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokrasi ya Congo. Muri iki gitero aba barwanyi bagabye cyahitanye aba baturage bakoresheje bimwe mu bikoresho gakondo birimo imihoro, gusa hari n'ababashije guhunda ariko bivugwa ko bashobora kuba bararohamye mu ruzi rwa Lamia ubwo bageragezaga guhungira muri Uganda. Umuyobozi w’ishyirahamwe ridaharanira inyungu za politike, Maurice Mabele Musaidi, yabwiye ibiro ntaramakuru by'abongereza, […]

todayNovember 13, 2023

Inkuru Nyamukuru

Eric Ndagijimana ‘X-Dealer’ ushinjwa kwiba telefone ya The Ben yisobanuye mu Rukiko

Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer, ushinjwa kwiba telefone ya The Ben, yasabye urukiko gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe mu Bugenzacyaha kuko uwabutanze atigeze agera aho Telefone yibiwe mu gihugu cy’u Burundi. Eric Ndagijimana ’X-Dealer’ hamwe n’umwunganizi we mu mategeko Ibi X-Dealer yabivugiye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, mu rubanza ku bujurire ku mwanzuro w’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo. Eric Ndagijimana […]

todayNovember 13, 2023

Inkuru Nyamukuru

Leta ya Palestine yasabye Ubumwe bw’Uburayi na UN gutabara abaturage bo muri Gaza

Minisitiri w'ubutegetsi muri Palestine, Mohammad Shtayyeh, kuri uyu wa mbere, yasabye umuryango w'ubumwe bw'Uburayi n'Umuryango w'Abibumbye UN imfashanyo yo gutabara abaturage mu ntara ya Gaza bazahajwe n'imirwano ihanaganishije Israheli na Hamas. Mohammad Shtayyeh yasabye UN n’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi gukusanyiriza imfashanyo Intara ya Gaza, cyane cyane mu gice cyo mu Majyaruguru yayo. Ingaboza Israheli kuri uyu wa mbere nibwo zageze ku bitaro bikomeye cyane mu Ntara ya Gaza aho abashinzwe ubuzima […]

todayNovember 13, 2023

Inkuru Nyamukuru

Suella Braverman wari Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza yakuwe ku mirimo

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Rishi Sunak, yakuye ku mirimo Suella Braverman, wari Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, asimburwa kuri uwo mwanya na James Cleverly. Suella Braverman Bivugwa ko Suella Braveman, avanywe mu nshingano kubera amagambo yavuze mu cyumweru gishize anenga uburyo Polisi yitwaye mu kibazo cy’imyigaragambyo y’abashyigikiye Palestine. Suella Braveman yavuze ko byari iby’agaciro gakomeye mu buzima bwe, gukorera igihugu nka Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza. Ikinyamakuru The Independent cyo mu Bwongereza […]

todayNovember 13, 2023

Inkuru Nyamukuru

Abasirikare babiri ba Uganda birukanywe kubera ubugwari 

Urukiko rwa gisirikare muri Uganda rwafashe icyemezo cyo kwirukana abasirikare babiri bashinjwa ubugwari ku rugamba ubwo intagondwa za Islam zateraga inkambi y'ingabo za Afurika muri Somalia muri gicurasi uyu mwaka. Major Zadock Abor na John Oluka bashinjwa kuba barahuzne ubwo abarwanyi ba al-Shabab muri Bulo Marer, mu majyepfo y'umurwa wa Somalia Mogadishu, babagabagaho igitero. Icyo gihe abasirikare ba Uganda batari munsi ya 50 barishwe, nk'uko abayobozi babitangaje. Uganda iri mu […]

todayNovember 13, 2023

0%