Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 129 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Kicukiro: Ikamyo yagonze uruzitiro rw’ishuri

Ikamyo yakoze impanuka igonga igipangu cy’ishuri rya Kagarama mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, hangirika igipangu na ‘bordure’ z’umuhanda, ku bw’amahirwe ntiyagira uwo ihitana. Ikamyo yakoze impanuka igonga uruzitiro rw’ishuri rya Kagarama Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP René Irere, yatangarije Kigali Today kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Ugushyingo 2023 aribwo iyo kamyo ifite Pulake z’i Burundi yakoze impanuka, ikaba […]

todayNovember 8, 2023

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame asanga abashoramari bakwiye guhanga amaso Afurika

Perezida Paul Kagame yavuze ko imyumvire y’uko ishoramari muri Afurika rigoye kurikora idakwiye kuko uyu umugabane ufite amahirwe mu ishoramari nk’aboneka ahandi ku Isi ndetse ukagira n’akarusho k’abaturage bari mu nzira y’iterambere. Ibi yabivugiye mu muhango wo gufungura ku mugaragaro Norrsken House Kigali, kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ugushyingo 2023. Ni umuhango wabereye mu Mujyi wa Kigali rwagati ahubatse iki kigo gikoreramo amakompanyi atandukanye akora ibijyanye n’ikoranabuhanga kikanabafasha kubahuza […]

todayNovember 8, 2023

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Mudugudu yagerageje kwiyahura abaturage baratabara

Ni umugabo w’imyaka 57, umukuru w’umwe mu midugudu y’Akagari ka Kabeza, aho bivugwa ko gutekereza kwiyahura byaturutse ku makimbirane yagiranye n’umugore we, nk’uko bamwe mu baturage babibwiye Kigali Today. Nk’uko babivuga, ngo Mudugudu yashwanye n’umugore we saa yine n’iminota 50 z’ijoro, bapfa inshoreke uwo mugabo asanzwe yarinjiye, biba ikibazo aho Mudugudu yasohokanaga n’iyo nshoreke bajya kwiyakira. Ngo umugore wa Mudugudu, akimara kumenya ko yasohokanye n’iyo nshoreke, byamugoye kubyihanganira atongana n’umugabo […]

todayNovember 8, 2023

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwiteguye gufasha abatuye i Goma babuze amazi n’amashanyarazi

U Rwanda rwiteguye kuba igisubizo cy’amazi n’amashanyarazi ku batuye umujyi wa Goma waraye mu mwijima nyuma y’uko ipoto ijyana umuriro mu mujyi wa Goma yaguyeho igisasu ikangirika bikomeye mu mirwano yahuje ingabo za Congo FARDC hamwe n’umutwe wa M23 muri Teritwari ya Nyiragongo. Abatuye mu mujyi wa Goma bakoresha amazi menshi aturuka mu Rwanda Ni ipoto igemura umuriro mu mujyi wa Goma utuwe n’abantu bagera muri Miliyoni ebyiri, ugakoreshwa mu […]

todayNovember 8, 2023

Inkuru Nyamukuru

Amb Nkulikiyimfura yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Monaco

Ambasaderi François Nkulikiyimfura, ku wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo 2012, yashyikirije Igikomangoma Albert II wa Monaco, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu. Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa yatangaje ko muri uyu muhango, aba bayobozi bombi bagiranye n’ibiganiro byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi. Monaco ni igihugu cya kabiri mu butoya ku isi ndetse giherereye hagati y’umujyi wa Nice mu Bufaransa n’umupaka w’u Butaliyani, kikaba kiyoborwa n’igikomangoma […]

todayNovember 8, 2023

Inkuru Nyamukuru

Israel yatangaje ko Ingabo zayo ziri rwagati mu mujyi wa Gaza

Minisitiri w'ingabo wa Israel Yoav Gallant yatangaje ko abasirikare ba Israel barimo gukorera rwagati mu mujyi wa Gaza, mu gihe igikorwa cya gisirikare cy'igihugu cye gikomeje cyo gusenya Hamas. Yavuze ko abasirikare bagenda n'amaguru barimo gufashwa n'imodoka z'intambara, ibifaru n'aba enjeniyeri (ingénieurs) ba gisirikare. Ku ruhande rwayo, Hamas yavuze ko irimo kwica abasirikare benshi ba Israel kandi ko yashenye imodoka za gisirikare za Israel. Kuva Israel yatangira ibikorwa bya gisirikare […]

todayNovember 8, 2023

Inkuru Nyamukuru

Amabuye y’agaciro yinjirije u Rwanda arenga miliyali 243 Frw mu mezi atatu

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli, (RMB) cyatangaje ko mu gihembwe cya Gatatu cya 2023, kuva muri Nyakanga kugeza muri Nzeri, amabuye y’agaciro acukurwa mu Rwanda yinjije arenga miliyoni 241$(Arenga miliyari 243 Frw). Bytangajwe muri raporo y’iki kigo igaragaza uko ubucukuzi buhagaze kuva muri Nyakanga na Nzeri 2023, yashyizwe hanze ku wa Kabiri tariki 7 Ugushyingo 2023. Muri aya mezi, u Rwanda rwacuruje amabuye yo mu bwoko bwa Gasegereti […]

todayNovember 8, 2023

Inkuru Nyamukuru

Perezida Museveni yavuze ko gukura Uganda muri AGOA ntacyo bivuze

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yatangaje ko umwanzurowa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wo gukura igihugu cye muri gahunda ya AGOA, ijyanye n'ubufatanye hagati ya Amerika, n’ibihugu byo muri Afurika, ntacyo uzahindura. Perezida Museveni mu cyumweru gishize nibwo yavuze ko Abanya-Uganda batakangwa no kuba Leta ya Amerika yarafashe umwanzuro wo gukura igihugu cyabo ku rutonde rw’ibihugu bikura inyungu muri AGOA. Iyo gahunda igenewe koroshya ubucuruzi hagati ya Amerika n’ibihugu byo […]

todayNovember 8, 2023

Inkuru Nyamukuru

Gen (Rtd) Kabarebe yakiriye Ms. Rabab Fatima wo muri UN

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ms. Rabab Fatima, Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Ababibumbye rishinzwe guhuza ibikorwa n’ubuvugizi ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere bidakora ku nyanja. Abayobozi bombi baganiriye ku nama ya gatatu y’Umuryango w’Abibumbye y’ibihugu bidakora ku nyanja bikiri mu nzira y’amajyambere iteganyijwe kuzabera i Kigali. Muri Kamena 2024, u Rwanda ruzakira inama ya gatatu y’Umuryango w’Abibumbye y’ibihugu bidakora ku […]

todayNovember 8, 2023

0%