Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 13 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

EU yemeje inkunga isaga miliyari 28Frw yo gufasha RDF kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaje ko wemeje inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero (Asaga miliyari 28Frw), agamije gushyigikira Ingabo z’u Rwanda (RDF), kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Ni icyemezo kigaragara mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ugushyingo 2024. Iri tangazo rivuga ko iyi nkunga izakoreshwa mu bijyanye no kubona ibikoresho byihariye, ndetse no gukemura ikiguzi cyose kijyanye n’ibikorwa byo gutwara Ingabo […]

todayNovember 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo wa Busanza barasaba kwagurirwa isoko

Abaturage bimuwe Kangondo muri Nyarutarama bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo mu Murenge wa Kanombe, barasaba ko bakwagurirwa isoko ry’ubucuruzi kugira ngo babashe kubona imyanya yo gukoreraho bibafashe gutunga imiryango yabo. Mu kiganiro Kigali Today yagiranye n’abatujwe muri uyu mudugudu, bagaragaje bimwe mu bibazo bifuza ko Leta yabakemurira birimo n’isoko ryo gucururizamo rito bakifuza ko ryakwagurwa. Perezida w’abacururiza muri iri soko, Ntahompagaze Aloys avuga ko bubakiwe isoko rito ugereranyije n’abakeneye kurikoreramo kugira […]

todayNovember 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ingengabitekerezo ya Jenoside yamugejeje ku rwego rwo kwanga kwigira kuri Buruse ya Leta

Uwizeye Jean de Dieu, iyo asangiza abandi ubuhamya bw’ubuzima yakuriyemo, yumvikanisha uburyo inyigisho zikocamye kandi zigoreka amateka, za bamwe mu bari Abarimu, Abategetsi ndetse n’Abanyamadini, zoretse imitekerereze ya benshi na we arimo, bakurira mu buyobe bw’amacakubiri n’ingengabitekerezo, kugeza ku rwego byamugejejeho rwo kwanga Buruse yigeze guhabwa na Leta yo kujya kwiga muri Kaminuza i Butare, ubwo yatsindaga ikizamini gisoza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2001. Uwo mugabo ukomoka mu Karere […]

todayNovember 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kamonyi : Abasore batatu batawe muri yombi bakekwaho ubujura

Mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Runda, Akagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Nyagacaca, Polisi yakoze igikorwa cyo gushaka abasore batatu bakekwaho ubujura bwo gutega abantu bakabambura telefone n’ibindi. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko abo basore bafashwe bafite imyaka 20, 24, 31 y’amavuko. Ati “Ni urubyiruko rwishora mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje imbaraga aho bitwikira umugoroba bagashikuza abantu ibyabo bakirukanka”. SP Habiyaremye avuga […]

todayNovember 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Yubatse gereza mu nzu ye azajya afungiramo umuhungu we wabaswe n’ibiyobyabwenge

Muri Thailande, umubyeyi w’imyaka 64 yubatse gereza mu nzu ye agamije kwicungira umutekano we n’uw’abaturanyi nyuma yo guhorana impungenge z’ibibazo byaterwa n’umuhungu we w’imyaka 42 wabaswe n’ibiyobyabwenge. Nyuma y’imyaka isaga 20 yari amaze aba mu bwoba buhoraho kubera uwo muhungu we wabaswe n’ibiyobyabwenge n’urusimbi, uwo mubyeyi utuye mu Ntara ya Buriram muri Thailande, yafashe ingamba zidasanzwe kugira ngo yizere ko umutekano we urinzwe kimwe n’uw’abaturanyi be. Izo ngamba yafashe, ni […]

todayNovember 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Rulindo: RIB yafunze Gitifu umaze iminsi avugwa mu makimbirane na Meya

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024 rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, Ndagijimana Frodouard. Ndagijimana yari amaze iminsi yumvikana mu makimbirane yamuhanganishije n’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, wanze kumusubiza mu kazi nyuma y’uko Komisiyo y’abakozi ba Leta ibimutegetse, ariko ntihagire igikorwa. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, avuga ko kuba Gitifu Ndagijimana yatawe muri yombi ntaho bihuriye n’amakuru […]

todayNovember 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Donald Trump yashyize abayobozi mu myanya barimo n’umuherwe Elon Musk

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yashyize abayobozi batandukanye muri Guverinoma ye barimo n’umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk. Elon Musk yagizwe umukuru wa Minisiteri yo kunoza imikorere ya leta ‘Department of Government Efficiency’(DOGE). Amakuru dukesha RFI avuga ko Trump yavuze ko Musk azafatanya na Vivek Ramaswamy umushoramari mu by’imiti, bose bakaba bahawe inshingano zirimo, kuvugurura inzego za leta, no kugabanya gusesagura kwa leta. Perezida Trump […]

todayNovember 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Rurageretse hagati y’abubatse ubwiherero rusange na rwiyemezamirimo

Abaturage bubatse Ubwiherero rusange buzajya bwifashishwa n’abagana ibiro by’Umurenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze ndetse na santere y’Ubucuruzi byegeranye, barataka ubukene nyuma y’uko rwiyemezamirmo wabakoreshaga, ngo yaba yarabasinyishije inyandiko zigaragza ko bahembwe, nyamara bitarakozwe; ibintu baheraho bamushinja uburiganya no kubahoza mu gihirahiro. Bahisemo guhagarika imirimo yo kubaka ubwo bwiherero rusange nyuma yo gukora ntibishyurwe Mu gihe bubakaga ubwo bwiherero rusange, bari barijejwe kuzajya bahembwa buri uko iminsi 15 ishize […]

todayNovember 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ibihugu bya Afurika byagaragaje uburyo bwo kwita ku burezi bw’ibanze

Abayobozi batandukanye barimo ba Minisitiri b’Uburezi muri bimwe mu bihugu bya Afurika bitabiriye inama ya ‘Africa Foundation Learning Challenge 2024’ (Africa FLEX 2024), basangiye ubunararibonye ku buryo bwo kunoza imyigire n’imyigishirize mu mashuri y’ibanze. Ni ikiganiro cyahuje abayobozi batandukanye bitabiriye inama yiga ku burezi bw’ibanze ibera mu Rwanda, barimo Minisitiri w’Uburezi muri Zambia, Douglass Munsaka Syakalima, Minisitiri w’Uburezi muri Côte d’Ivoire, Mariatou Kone, Minisitiri w’Uburezi wa Malawi, Madalitso Wirima Kambauwa […]

todayNovember 13, 2024

0%