Abasirikare bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda basobanuriwe ibikorwa bya RDF
Abasirikare bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, bahawe ikiganiro ku bikorwa by’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), uko umutekano uhagaze imbere mu gihugu no mu Karere muri rusange. Ni ikiganiro cyatangiwe ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, giherereye ku Kimihurura, ku wa Gatanu tariki 06 Ukwakira 2023, nk’uko Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda ibitangaza. Ubwo yabahaga ikaze, umuyobozi mukuru ushinzwe imibanire n’amahanga mu Ngabo z’Igihugu, Brig Gen Patrick Karuretwa, yavuze ko iki kiganiro ari […]