Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 136 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Huye: Abaregwa mu rubanza rw’ikirombe cyahezemo abantu, basabiwe igifungo cy’imyaka 10

Ubushinjacyaha bw’urukiko rwisumbuye rwa Huye bwasabiye igifungo cy’imyaka 10 abaregwa mu rubanza rw’ikirombe cyagwiriye abantu batandatu mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, tariki 3 Ukwakira 2023. Urukiko Rwisumbuye rwa Huye Bwari ubwa kabiri abaregwa muri uru rubanza bahabwa umwanya wo kwiregura ku byaha by’ubufatanyacyaha ku nyungu bwite, no kuba ibyitso mu cyaha cyo gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe, baregwa. Umushinjacyaha yasabiye Major (Rtd) Paul Katabarwa igifungo cy’imyaka […]

todayOctober 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

Minisitiri Biruta yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Amerika mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Vincent Biruta, yakiriye impapuro za Amb Eric Kneedler, zimwererera guhagararira Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda. Uyu muhango wabaye ku wa Kabiri, tariki ya 3 Ukwakira 2023, ku Cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Kneedler yari asanzwe akora muri Ambasade y’Amerika muri Kenya, akaba yakoraga ari Chargé d’Affaires, aje guhagararira Amerika asimbuye Peter Vrooman, woherejwe muri Mozambique. Umwaka ushize nibwo Perezida Joe Biden yashyizeho ba […]

todayOctober 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

U Buholandi bwongeye guta muri yombi Claver Karangwa ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside

Pierre-Claver Karangwa wahoze ari umu ofisiye mu ngabo z’u Rwanda, ukekwaho kugira uruhare rukomeye muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku wa kabiri yatawe muri yombi mu Buholande. Pierre-Claver Karangwa, wari ufite ipeti rya majoro, yongeye gufatwa nyuma y’iperereza ryakozwe n’ubushinjacyaha bw’Ubuholandi. Ubushinjacyaga ntibwatangaje niba Karangwa nyuma yo kongera gufatwa azoherezwa mu Rwanda cyangwa se akazaburanishwirizwa mu Buholandi. Muri Kamena urukiko rw’ikirenga rumaze kwemeza ko adashobora kwoherezwa mu Rwanda kubera […]

todayOctober 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

General (Rtd) James Kabarebe yarahiriye kujya mu Nteko ya EALA

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET), General (Rtd) James Kabarebe, yarahiriye kwinjira mu Nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA). Uyu muhango wabaye kuwa 3 Ukwakira 2023, Gen Kabarebe arahirira imbere y’Inteko Rusange kwinjira muri EALA ndetse yiyemeza gukorana n’Inteko ya EALA mu guteza imbere yayo ndetse n’inyungu z’Umuryango ku nyungu z’abaturage ba EAC. Ubusanzwe Inteko Ishinga Amategeko igirwa n’Abadepite icyenda batorwa guhagararira igihugu kinyamuryango, abaminisitiri […]

todayOctober 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

Kevin McCarthy yakuwe ku buyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika

Inteko ishinga amategeko y’Amerika, umutwe w’abadepite, yakuyeho umuyobozi wayo Kevin McCarthy wo mu ishyaka ry'aba repubulikani. Yakuweho ku majwi 216 y'abatoye “Yego” kuri 210 y'abatoye “Oya”. Depite McCarthy asanzwe akomoka muri Leta ya California. Mugenzi we w’umudepite w’umurepubulikani, Matt Gaetz ku wa Mbere ni we wari wasabye ko habaho itora ryo kumukuraho. Yumvikanishije ko atishimiye ubuyobozi bwe nyuma y’uko McCarthy atabashije gutoresha ingengo y’imari yashyiraga imbere inyungu z’abarepubulikani. N’ubwo abarepubulikani […]

todayOctober 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

DIGP Ujeneza yitabiriye inama ya Interpol muri Angola

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y'u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n'abakozi (DIGP) Jeanne Chantal Ujeneza n'Itsinda ayoboye, bitabiriye inama ya 26 ya Polisi Mpuzamahanga (Interpol) ku mugabane w'Afurika ibera muri Angola. DIGP Ujeneza n'itsinda ry'intumwa ayoboye zo muri Polisi y'u Rwanda n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), bari mu murwa mukuru Luanda, ahateraniye inama y'iminsi itatu, yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Ukwakira. Ni inama ihuje abagera ku 160 bakora mu nzego […]

todayOctober 4, 2023

Inkuru Nyamukuru

Imodoka zisanzwe zemerewe gutwara abagenzi

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, avuga ko imodoka zisanzwe na zo zemerewe gutwara abagenzi ku giciro ba nyirazo bishyiriyeho, mu gihe Leta itarabona bisi zihagije. Imodoka zisanzwe zemerewe gutwara abagenzi ku giciro cyumvikanyweho Dr Gasore yabitangarije RBA kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Nzeri 2023, ari kumwe na mugenzi we w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze. Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yasobanuraga iby’ingamba nshya z’agateganyo zo gutwara abantu mu buryo […]

todayOctober 3, 2023

Inkuru Nyamukuru

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutse

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byiyongereye, aho lisansi yavuye ku 1639 Frw kuri litiro, igashyirwa ku 1882 Frw, naho mazutu litiro iva ku 1492 Frw, ishyirwa kuri 1662 Frw. Ibi biciro bishya bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Ukwakira 2023. RURA yatangaje ko ibi biciro bizakurikizwa mu mezi abiri ari imbere, guhera […]

todayOctober 3, 2023

Inkuru Nyamukuru

Hafashwe bane bacyekwaho gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage yafatiye mu Karere ka Rwamagana n’aka Huye, abagabo bane bakurikiranyweho icyaha cyo kwigana no gukwirakwiza amafaranga. Umwe muri bo ufite imyaka 28 y’amavuko yafatiwe mu murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, ku Cyumweru tariki 1 Ukwakira, afite amafaranga y’u Rwanda y’amiganano ibihumbi 25 naho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 2 Ukwakira, mu murenge wa Muyumbu mu Karere ka […]

todayOctober 3, 2023

0%