Huye: Abaregwa mu rubanza rw’ikirombe cyahezemo abantu, basabiwe igifungo cy’imyaka 10
Ubushinjacyaha bw’urukiko rwisumbuye rwa Huye bwasabiye igifungo cy’imyaka 10 abaregwa mu rubanza rw’ikirombe cyagwiriye abantu batandatu mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, tariki 3 Ukwakira 2023. Urukiko Rwisumbuye rwa Huye Bwari ubwa kabiri abaregwa muri uru rubanza bahabwa umwanya wo kwiregura ku byaha by’ubufatanyacyaha ku nyungu bwite, no kuba ibyitso mu cyaha cyo gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe, baregwa. Umushinjacyaha yasabiye Major (Rtd) Paul Katabarwa igifungo cy’imyaka […]