Rulindo: Babiri bafashwe bacyekwaho kwiba televiziyo batoboye inzu
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Rulindo, yafashe abasore babiri bakurikiranyweho kwiba televiziyo n’ibikoresho byayo nyuma yo kwica urugi rw’inzu y’umuturage. Uko ari babiri, umwe uri mu kigero cy’imyaka 22 na mugenzi we ufite 19 y’amavuko, bafatiwe mu mudugudu wa Gakubo, akagari ka Mberuka mu murenge wa Rulindo, ku cyumweru tariki 27 Kanama, saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) […]