Donald Trump azatangira kuburana ku nyaha ashinjwe muri Werurwe umwaka Utaha
Umucamanza wo ku rwego rw’igihugu mu mujyi Washington kuri uyu wa mbere yagennye tariki 04 Werurwe 2024, nk’umunsi Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika agomba gutangira kuburanishwa. Ni ku birego akurikiranweho byo kugerageza kuburizamo ibyavuye mu matora ya 2020 ngo akunde agume ku butegetsi. Mu kugena iyi tariki ya rumwe mu manza enye zitegereje Donald Trump, umucamanza Tanya Chutkan yavuze ko abaturage bafite uburenganzira bw’uko iki […]