Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 37 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Volleyball: Abakinnyi b’ikipe y’Igihugu mu byishimo nyuma yo guhabwa miliyoni eshatu buri wese

Kuwa Gatatu w’icyumweru turimo gusoza nibwo Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yashyikirije ishimwe abakinnyi bagejeje ikipe y’igihugu muri 1/2 cy’Igikombe cy’Afurika. Ni irushanwa ryabereye mu gihugu cya kameruni (Cemeroon) umwaka ushize muri Kanama aho abakobwa b’ikipe y’Igihugu y’umukino wa volleyball bageze mu 1/2 cy’igikombe cy’afurika gusa bakaza gusoza ku mwanya wa Kane nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’Igihugu ya Cameroon ku mwanya wa Gatatu. Ni ubwambere byari bibaye mu mateka y’ikipe […]

todayJuly 15, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kuwa Mbere Abanyarwanda bazarara bamenye icyerekezo cy’ibyavuye mu matora – NEC

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda bari burarebamenye icyerekezo cy’ibyavuye mu matora, kubagaragariza aho kubarura bigeze ndetse n’uko amajwi azaba ahagaze ku bakandida Perezida. NEC ivuga ko ku cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024, amatora yabereye muri Diaspora ku Banyarwanda bari mu mahanga, ibikenewe byose bijyanye nayo byari byamaze gutegurwa ndetse ko ibintu byari bimeze neza ku masite yose y’itora agera 168 yatoreweho […]

todayJuly 15, 2024

Inkuru Nyamukuru

Imiryango y’abaherutse kubura ababo bahitanywe n’inkuba irashima Guverinoma yabatabaye, ikabafata mu mugongo

Abantu umunani (8) bo mu turere twa Ngororero, Rutsiro na Musanze ni bo bahitanywe n’inkuba mu mvura yaguye ku mugoroba wa tariki 8 uku kwezi. Abahitanywe n’inkuba bose ni abagore, ikaba yarabakubitiye mu Mirenge itandukanye. Bikimara kuba, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) hamwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bw’aho ibyago byabereye begereye imiryango yabuze abayo, bayiba hafi irahumurizwa, inafashwa mu gikorwa cyo gushyingura ababuze ubuzima. Ndindiriyimana Jean Paul w’imyaka 36 ukomoka mu […]

todayJuly 15, 2024

Inkuru Nyamukuru

#Euro2024: Espagne yegukanye igikombe itsinze u Bwongereza (Amafoto)

Kuri iki Cyumweru, mu Mujyi wa Berlin mu Budage hasojwe igikombe cy’u Burayi cyaberaga muri iki gihugu cyegukanwa na Espagne itsinze u Bwongereza ibitego 2-1. Ni umukino Espagne yihariye muri rusange haba mu guhererekanya umupira ndetse no kubona uburyo bukomeye imbere y’izamu. Igice cya mbere cyarangiye amakipe anganya 0-0 ariko ku munota wa 47 w’umukino Espagne ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Nico Williams ku mupira yahawe na Lamine Yamal. […]

todayJuly 15, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umutekano wa Site z’amatora urarinzwe – Polisi

Polisi y’igihugu yatangaje ko ahazatorerwa (Sites) ndetse n’ibikoresho byose bicungiwe umutekano neza mu gihe igikorwa cyo gutora nyirizina kizaba tariki 15 Nyakanga 2024. Umuvugizi wa Polisi y’igihugu ACP Boniface Rutikanga yatangarije Kigali Today ko inzego z’umutekano zamaze kugera kuri Site z’ahazatorerwa ndetse ko n’ibikoresho bizifashishwa mu matora birinzwe neza. Ati “Abapolisi batangiye kugera mu Ntara no mu Turere tuzaberamo amatora ndetse n’ibikoresho bizifashishwa muri aya matora bicungiwe umutekano wabyo neza”. […]

todayJuly 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Bimwe mu byo abatora bakwiye kwitwararika mu gihe cy’amatora

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko mu gihe abantu batora hari ibyo babujijwe kuri Site cyangwa se icyumba cy’itora, nk’uko bigenwa n’Itegeko Ngenga nº 001/2023.OL ryo ku wa 29/11/2023 rihindura Itegeko Ngenga n০001/2019.OL ryo ku wa 29/07/2019 rigenga amatora. Komisiyo y’lgihugu y’Amatora yibukije Abanyarwanda ko bibujijwe kwiyamamaza cyangwa kwamamaza ku munsi w’amatora. Birabujjiwe kandi kwambara ibirango by’imitwe ya politiki cyangwa by’abakandida bigenga. Iyi Komisiyo ikomeza ivuga ko Umukandida abujiwe kuba […]

todayJuly 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Mfite umwana ukunda Perezida Kagame, nishimiye kuba yabashije kumusuhuza – Mukandayisenga Donatille

Umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu karere ka Gakenke kuri uyu wa kane tariki 11 Nyakanga 2024 yasuhuje umwana w’umuhungu w’imyaka 4 wari uteruwe na nyina Mukandayisenga Donatille bikora benshi ku mutima. Iyi foto yakunzwe n’abantu batandukanye ndetse abenshi bayishyira ku mbuga nkoranyambaga zabo no kuri status za Whatsap bagaragaza uburyo bayikunze. Ifoto yafashwe Umukandida ku mwanya wa Perezida Paul Kagame asuhuza uwo mwana umubyeyi […]

todayJuly 12, 2024

Inkuru Nyamukuru

Hatashywe uruganda rwa mbere runini rukora ibiryo by’amatungo

Mu Rwanda hatashywe uruganda rwa mbere runini rukora ibiryo by’amatungo, arimo Inkoko, Inka hamwe n’Ingurube, rufite ubushobozi bwo gutunganya toni zirenga 200 ku munsi. Ni uruganda rwitwa Gorilla Feed rwubatse mu cyanya cy’inganda i Masoro mu Mujyi wa Kigali rwatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024, rukaba rwitezweho gukemura ibibazo by’ibiryo by’amatungo aborozi bakundaga guhura na byo. Aborozi b’amatungo arimo Inkoko, Inka hamwe n’ingurube, bavuga ko […]

todayJuly 12, 2024

Inkuru Nyamukuru

Imfungwa zisaga 200 zatorotse gereza harimo n’izacikanye intwaro

Imfungwa zibarirwa muri 200 zatorotse gereza ya Koutoukalé zari zifungiyemo iri mu birometero bikeya uvuye mu Murwa mukuru wa Niger, Niamey, aho zari ziganjemo abafunzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubwihebe, ariko harimo n’abafunzwe nyuma guhamwa n’ibyaha birimo gukoresha no gucuruza ibiyobyebwenge n’ibindi byaha bitandukanye. Ikinyamakuru RFI cyatangaje ko urusaku rw’amasasu rwumvikanye muri gereza imbere ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024, ari rwo rwaburiye abarinzi ba gereza, […]

todayJuly 12, 2024

0%