Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 41 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Nta Kinyarwanda cy’Urubyiruko kibaho – Inteko y’Umuco

Ubuyobozi bw’Inteko y’Umuco ishinzwe kubungabunga no guteza imbere Ururimi n’Umuco buratangaza ko nta Kinyarwanda cy’urubyiruko kibaho ahubwo ko Ikinyarwanda ari ururimi rumwe, rufite ikibonezamvugo kimwe, rukwiye gutozwa buri wese. Muri iyi minsi usanga urubyiruko rusa nk’aho rwihariye ururimi rwabo, nubwo biba ari Ikinyarwanda ariko ugasanga hari amagambo bihariye yiganjemo ari mu ndimi z’amahanga bavangamo ku buryo bigora undi utari mu kigero cyabo kumenya icyo bashatse gusobanura mu gihe baganiriye. Ubushakashatsi […]

todayJune 26, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umuryango FPR Inkotanyi wasobanuye impamvu Uturere twahujwe mu bikorwa byo kwamamaza

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024 yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru cy’aho imyiteguro igeze yo kwamamaza abakandida bawo n’impamvu hahujwe Uturere tumwe na tumwe. Yasobanuye ko ari mu rwego rwo kugira ngo umukandida wabo azabone n’umwanya wo gukora indi mirimo ifitiye Igihugu akamaro. Iki kiganiro cyitabiriwe na Komiseri ushinzwe ubukangurambaga rusange, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, Komiseri ushinzwe ubutabera n’uburenganzira bwa muntu, Hon. […]

todayJune 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Rulindo: Ba Gitifu bane birukanywe ku mirimo bazira kutuzuza inshingano

Abanyamabanga Nshingwabikorwa bane barimo ab’Imirenge n’ab’Utugari batungwa agatoki kutuzuza inshingano no gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko ibiri mu nyungu zabo bwite, birukanywe ku mirimo. Abo barimo ab’Imirenge ibiri harimo Ndagijimana Frodouard wayoboraga umurenge wa Mbogo na Nzeyimana Jean Vedaste wayoboraga Umurenge wa Cyinzuzi. Abandi babiri bayoboraga Utugari, barimo Nsengiyumva Samuel wayoboraga Akagari ka Muvumo mu Murenge wa Shyorongi, na Biringiramahoro Efasto wayoboraga Akagari ka Taba mu Murenge wa Rusiga. Amakuru ku […]

todayJune 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Uko miliyoni y’Abanyarwanda bari impunzi mu gihugu cyabo

Ku ya 8 Mata 1993, Intumwa idasanzwe ya LONI Bacre Waly Ndiaye yageze mu Rwanda kugira ngo akore iperereza ku bihe byari bikomeje kuba bibi mu by’umutekano, politiki, n’imibereho y’abaturage. Icyo gihe yasuye inkambi nyinshi z’abari barakuwe mu byabo (IDPs) mu bice bitandukanye by’igihugu. Muri raporo yakoze nyuma y’urugendo rwe, Ndiaye yanditse ko inkambi ziri imbere mu gihugu, zituyemo Abanyarwanda bari hagati y’ibihumbi 900 na miliyoni. Icyo gihe hari hashize […]

todayJune 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Basketball: Abakinnyi 15 bashya, umusaruro mbumbe wavuye mu mwiherero muri Amerika

Mu cyumweru gishize ni bwo Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo basoje umwiherero w’iminsi ibiri waberaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Dore umusaruro wavuyemo Nyuma y’igitekerezo cyavuye muri Rwanda Day iheruka kubera Leta Zunze Ubumwe za Amerika bisabwe cyane n’ababyeyi batandukanye ko habaho uburyo bwashyirwaho bwo kuzaza kureba ko haboneka impano mu bana b’abanyarwanda batuye muri kariya gace cyane mu mukino wa […]

todayJune 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare: Bishimiye ikiraro cyo mu kirere bubakiwe

Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Nyagatare n’ab’Umurenge wa Rukomo barishimira ko bubakiwe ikiraro cyo mu kirere kizabafasha guhahirana no kujya mu mirima yabo bitabagoye. Iki kiraro cyubatse hejuru y’umugezi w’Umuvumba mu mirima y’umuceri hagati y’utugari twa Bushoga mu Murenge wa Nyagatare n’aka Rurenge mu Murenge wa Rukomo. Ni ikiraro cyuzuye gitwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 112 kikaba cyarubatswe ku bufatanye bw’Akarere ka Nyagatare na Bridge to Prosperity. Abacyubatse bavuga ko […]

todayJune 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Gakenke: Abagizi ba nabi batwitse moto y’Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Muhondo

Mu karere ka Gakenke mu murenge wa Muhondo, Akagari ka Bwenda, Umudugudu wa Nketsi abagizi ba nabi bataramenyekana baraye binijiye mu rugo rw’umuturage biba moto ya Birege Malachie, Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Muhondo barangije baranayitwika irakongoka irashira. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhondo Gasasa Evergiste yatangarije Kigali Today ko abo bantu bataramenyekana hagikorwa iperereza. Ati “Turakeka ko abamutwikiye Moto ari abajura binjiye mu rugo uyu muyobozi yabikagamo Moto ye bagiye kwiba […]

todayJune 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

NEC irateganya ko Abanyarwanda bari mu mahanga bazatorera mu bihugu 70

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko mu matora y’umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite ateganyijwe kuba tariki 14 Nyakanga ku Banyarwanda bari mu mahanga, bateganya ko bazatorera mu bihugu 70. Ni bimwe mu byagarutsweho n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NEC, Charles Munyaneza mu kiganiro iyo komisiyo yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa kane tariki 20 Kamena 2024, hagamijwe kubasobanurira aho imyiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite igeze. Munyaneza yavuze ko bimwe mu byo kwishimira ari […]

todayJune 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abanyarwanda 4% babika amafaranga mu ihembe

Raporo yiswe FinScope yakozwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) muri 2024, ivuga ko Abanyarwanda bangana na miliyoni 7 n’ibihumbi 800 bahwanye na 96%, bacitse ku muco wo kubika amafaranga mu ngo, kuko bitabiriye gukoresha serivisi z’imari. Iyi raporo ikorwa buri myaka ine yatangajwe ku nshuro ya gatanu kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, ikaba yarakozwe na MINECOFIN ifatanyije n’inzego zirimo Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR), […]

todayJune 21, 2024

0%