Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 49 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Amakipe y’Abarinda umutekano wa Perezida yageze ku mukino wa nyuma mu irushanwa ryo Kwibohora

Amakipe y’Abarinda umutekano wa Perezida Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu (Republican Guard Rwanda) ndetse n’ayo mu kigo cya gisirikare gitangirwamo amasomo y’ibanze gihereye I Nasho mu karere Kirehe (BMTC Nasho), ari mu makipe azakina imikino ya nyuma muri Basketball, Ruhago ndetse na Volleyball mu irushanwa ryo kwibohora ku nshuro ya 30. Ni imikino yateguwe n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF) mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rubohowe n’izahoze […]

todayJune 3, 2024

Inkuru Nyamukuru

Handball: APR HC yegukanye irushanwa mpuzamahanga ryo #Kwibuka30 (Amafoto)

Ikipe ya APR Handball Club yegukanye Igikombe cy’irushwanwa mpuzamahanga ryo Kwibuka ku nshuro ya 30 (GMT2024) itsinze ikipe ya Police Handball Club yari ifite iki gikombe ibitego 24-22 naho mu bagore ikipe yo mu gihugu cya Uganda yitwa Three Stars HC yegukana Igikombe nyuma yo gusoza imikino yose ifite amanota 12. ikipe ya APR HC yishimira Igikombe Ni imikino yaberaga mu Rwanda ku kibuga cya Kimisagara, kuva kuwa gatanu tariki […]

todayJune 3, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abakirisitu Gatolika basabwe kugira Ukarisitiya Ntagatifu impamba mu rugendo rwabo

Abakirisitu Gatolika basabwe kugira Ukarisitiya Ntagatifu impamba mu rugendo rwabo rugana mu ijuru nk’uko umuntu utwaye ikinyabiziga atakora urugendo adafite amavuta ngo agere iyo ajya. Ibi byasabwe abari bitabiriye igitambo gitagatifu kizihiza isakaramentu ritagatifu, kuri iki Cyumweru tariki 02 Kamena 2024, muri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu (St Famille). Padiri Nzayisenga Polycarpe, mu gutura igitambo cya Misa yagize ati: "Mukwiye gufata Ukarisitiya Ntagatifu nk’impamba ibaherekeza mu Nzira igana ijuru, nk’uko imodoka itagenda […]

todayJune 3, 2024

Inkuru Nyamukuru

Motar FC mu makipe atatu yazamutse mu cyiciro cya kabiri

Amakipe atatu yo mu cyiciro cya gatatu muri shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru arimo Motar FC itaratsinzwe umukino n’umwe, yazamutse mu cyiciro cya kabiri nyuma yo guhigika andi makipe byari bihanganye ku munsi wa nyuma wa shampiyona. Amakipe atatu yazamutse arimo ikipe ya Sina Gérard ibarizwa mu karere ka Rulindo, Umuri Sports Academy ya Jimmy Mulisa umutoza wungirije w’ikipe y’igihugu ndetse na Motar FC yashizwe n‘umuryango wa abatwara abagenzi […]

todayMay 31, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ibyahiriye mu bubiko bwa Magerwa ya Cyanika birabarirwa agaciro ka Miliyoni 7 Frw

Ibicuruzwa bibarirwa mu gaciro ka Miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda utabariyemo inyubako ubwayo, ni byo byangijwe n’inkongi y’umuriro iheruka kwibasira ububiko bw’ibicuruzwa bwa Magerwa, buherereye ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera. Ubwo bubiko bwafashwe n’inkongi ahagana saa kumi z’urukerera rwo ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024, yangiza ibirimo imyambaro, ibiribwa n’ibindi bikoresho harimo n’ibyari bitegereje gusorerwa. Iyo nyubako ubusanzwe yari igizwe n’ibice bibiri bibikwamo ibintu bitandukanye byiganjemo ibiba […]

todayMay 31, 2024

Inkuru Nyamukuru

Urukiko rwahanishije Nsabimana Jean uzwi nka Dubai gufungwa imyaka ibiri

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Nsabimana Jean uzwi nka Dubai ibyaha yari akurikiranyweho byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha inyandiko mpimpano rumuhanisha igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni imwe n’ibihumbi 500 Frw. Rwahamije kandi Nkulikiyimfura Théopiste wari enjeniyeri, icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimpano, rumuhanisha gutanga ihazabu ya miliyoni 3 Frw. Ku rundi ruhande abahoze ari abayobozi b’Akarere ka Gasabo mu gihe Dubai yubakaga umudugudu w’Urukumbuzi barimo Rwamulangwa Stephen, […]

todayMay 31, 2024

Inkuru Nyamukuru

Icyo Inteko Ishinga Amategeko ya 5 y’u Rwanda Izibukirwaho

Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo yaryo ya 79, Perezida wa Repubulika afite ububasha bwo gusesa umutwe w’abadepite igihe icyo ari cyo cyose. Iyi ngingo ivuga ko mu rwego rwo gutegura amatora, Perezida wa Repubulika asesa Umutwe w’Abadepite byibura iminsi mirongo itatu (30) ariko itarenze mirongo itandatu (60) ku gihe cyagenwe cyo kurangira kwa manda y’Inteko Ishinga Amategeko. Biteganyijwe ko mu minsi 45 aribwo amatora ataha […]

todayMay 30, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imyitozo mpuzamahanga ya gisirikare

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga n’Intumwa ayoboye, bitabiriye imyitozo mpuzamahanga ya gisirikare itegurwa n’Ingabo za Turukiya ya EFES-2024, igahuza Ingabo ziturutse mu bihugu byinshi bitandukanye. Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Gen Mubarakh Muganga yakurikiranye bimwe mu bikorwa by’iyo myitozo yabereye ahitwa Izmir, ikubiyemo kurasa hakoreshejwe amato, indege ndetse n’ibikorwa bya gisirikare byo ku butaka. Iyi myitozo iba buri myaka 2, yatangiye ku wa Gatatu tariki 29 […]

todayMay 30, 2024

Inkuru Nyamukuru

Amateka y’Ubuvumo bwa Nyaruhonga

Ubuvumo bwa Nyaruhonga ni ahantu ndangamurage kamere hakaba n’ahantu ndangamateka kuko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ubu buvumo ngo bwajugunywemo abantu benshi. Imirambo yavanywemo kugeza muri 2017 kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro ni 13749. Ubuvumo bwa Nyaruhonga buri mu hahoze ari u Buhoma, ari ho hahindutse Buhoma-Rwankeri mu gihe cy’ubukoroni bw’Ababirigi. Muri iki gihe buherereye mu Ntara y’Uburengerazuba, Akarere ka Nyabihu. Ni ubuvumo bune, ariko bumwe ni […]

todayMay 30, 2024

0%