Yasanze gushakisha imibereho byoroshye mu cyaro kurusha mu mujyi
Alexis Rwagasana utuye mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye avuga ko n’ubwo abantu benshi baba bashaka kwibera mu mujyi, gushakisha imibereho byoroshye mu cyaro kurusha mu mujyi. Rwagasana ubu afite imyaka 61. Amaze 11 agarutse ku ivuko. Ni umugabo ubona uteranye umeze neza, wabarira mu bifite mu gace atuyemo. Nyamara ngo si ko yari ameze agaruka iwabo i Karama mu myaka 11 ishize. Agira ati “Nigeze kunanuka, iminwa […]