Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 57 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Mu Rwanda hagiye kubakwa ishuri ry’imyuga ryigisha nk’ayo mu Bushinwa

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB) rwatangaje ko mu Rwanda hagiye kubakwa ishuri ry’imyuga rizajya ryigisha amasomo ari ku rwego rumwe n’urw’abiga muri ayo mashuri mu Bushinwa. Ibiganiro byahuje uruhande rw’u Rwanda rushinzwe ibijyanye n’ubumenyingiro hamwe n’urwego nk’urwo rwo mu Bushinwa ndetse n’ibindi bigo byo mu Bushinwa bifite aho bihuriye n’ingufu Ni bimwe mu byagarutsweho n’ubuyobozi bukuru bwa RTB ku wa mbere tariki 13 Gicurasi 2024, nyuma y’ibiganiro bwagiranye […]

todayMay 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Intumwa za UN zasuye Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere

Intumwa zaturutse mu Muryango w’abibumbye, ziyobowe na Michael Mulinge KITIVI, umuyobozi w’ishami rishinzwe ibijyanye n’ubufasha mu by’ubushobozi, basuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere. Izi ntumwa ziri mu Rwanda mu ruzinduko zatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 13 Gicurasi 2024, aho zakiriwe na Brig Gen Geoffrey GASANA, Umugabo mukuru wungirije w’Ingabo zirwanira mu kirere. Uru ruzinduko rugamije kuganira no kungurana ibitekerezo mu bijyanye no kongera […]

todayMay 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ingabo na Polisi mu masomo yihariye ku gukumira ikoreshwa ry’abana mu gisirikare

Ingabo na Polisi 19 bo ku rwego rwa Ofisiye mu Rwanda, batangiye amahugurwa agamije guhangana n’ikibazo gihangayikishije Afurika, cyo gukoresha abana mu mitwe yitwaza intwaro no mu gisirikare. Ni amahugurwa y’iminsi itanu yiswe “Child Protection Focal Points Course”, ari kubera mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA) mu Karere ka Musanze, aho yatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa mbere tariki ya 13 akazasozwa ku itariki 17 Gicurasi 2024. Atangiza ayo mahugurwa, Lt […]

todayMay 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abantu batandatu batawe muri yombi bakurikiranyweho ibiterasoni

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, tariki 16 Mata na tariki 6 Gicurasi 2024 rwataye muri yombi abantu batandatu bakurikiranyweho icyaha cyo gushyira ahagaragara no ku mbuga nkoranyambaga ibiteye isoni. Abakurikranyweho iki cyaha barimo Mukamana Francine w’imyaka 24, akaba akoresha umuyboro wa YouTube uzwi nka Fanny TV 250 na Iradukunda Themistocles uzwi nka T. Bless w’imyaka 27, akagira umuyoboro wa YouTube izwi ku izina rya Kigali Magazine, Gasore Pacifique uzwi nka ’Yaka […]

todayMay 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umujyi wa Kigali ugiye gutunganya ahantu harindwi hasanzwe imiturire y’akajagari

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko bugiye gutangira gahunda yo gutunganya ahantu harindwi hasanzwe imyubakire y’akajagari, mu rwego rwo gufasha abatuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga gutura neza. Ni gahunda ubuyobozi bw’Umujyi buvuga ko bumaze igihe bwaratangiye kuko ku ikubitiro yatangiriye mu Murenge wa Nyarugenge mu Kagari ka Biryogo ahitwa mu Gatare hamwe no kuri Mpazi mu Murenge wa Gitega ahagenda hashyirwa ibikorwa remezo by’ibanze bifasha abaturage kurushaho gutera […]

todayMay 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda zifatanyije na MINUSCA zahaye ababyeyi inzu yo kubyariramo

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Santarafurika (RWABATT12), ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (UN) zituruka mu bihugu bitandukanye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Santrafurika (MINUSCA) ndetse n’ubuyobozi bwite bwa Leta y’icyo gihugu, batashye ku mugaragaro inzu y’ababyeyi yo kubyariramo ya YAPELE (YAPELE Maternity Facility) iherereye ahitwa ‘2nd Arrondissement’ mu Mujyi wa Bangui muri Santarafurika. Madamu Leontine Y.W BONNA, uyobora Ihuriro ry’Abagore batowe bahagarariye abandi (‘REFELA’ Reseau des […]

todayMay 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ani Elijah agiye gukinira Amavubi

Rutahizamu w’Umunya-Nigeria Ani Elijah ukinira Bugesera FC azakinira Amavubi kuva muri Kamena 2024. Amakuru yizewe agera kuri Kigali Today yemeza ko ibintu byose byarangiye hasigaye kuba byashyirwa ku mugaragaro mu gihe hazaba hahamagarwa ikipe izakina imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 izaba mu kwezi kwa Kamena 2024. Umwe mu bantu ba hafi y’uyu mukinnyi yemereye Kigali Today ko ibintu byose bimeze neza ko hagetegerejwe icyumweru gitaha. Ati "Yego […]

todayMay 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Gukina Basketball byankijije Asima n’umuvuduko-Mukamutana w’imyaka 67

Abenshi mu bitabiriye imikino ya nyuma mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, aherutse kubera mu Karere ka Rubavu kuva ku itariki 04-06 Gicurasi 2024, babonye umukecuru wakiniraga ikipe yari ihagarariye Akarere ka Rulindo mu bagore, mu mukino wa Basketball. Uburyo yirukaga mu kibuga, anasimbuka yinjiza imipira mu nkangara ku myaka ye 67, byatangaje abitabiriye ayo marushanwa bimuha igikundiro, imbaraga n’ishyaka ryo kwitwara neza.Aho bari bicaye bareba uwo mukino, bamwe bagiye babazanya […]

todayMay 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yibukije urubyiruko kunoza imivugire n’imyandikire y’Ikinyarwanda

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, yifatanyije n’urubyiruko rw’abakorerabushake rusaga 7,500 rwateraniye muri BK Arena mu birori byo kwizihiza imyaka 10 y’ibikorwa byarwo mu iterambere ry’Igihugu. Mu ijambo yabagejejeho, Perezida Kagame yashimye ubwitange bw’urubyiruko rw’abakorerabushake, asobanura ko izina ryarwo ubwaryo rifite igisobanuro gikomeye. Ati “Ni ibintu bibiri, bahoze bavuga abakorana ubushake, buriya ni ugukorera ubushake, ariko ni byombi. Hari ugukorera ubushake ariko ukorana n’ubushake.” Urubyiruko […]

todayMay 7, 2024

0%