Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 61 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Haiti: Amabandi yongeye kugaba ibitero mu Murwa Mukuru

Uduco tw’amabandi yitwaje intwaro, twagababye ibindi bitero mu bice by’umurwa mukuru wa Haiti, Port-au-Prince ndetse urusaku rw’imbunda zikomeye rwumvikanaga mu mpande zose z’uyu murwa mukuru. Abanyamakuru b’ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, batangaje amakuru avuga ko babonye imibiri byibura itanu mu mujyi no mu bice biwuzengurutse. Bavuze kandi ko amabandi yafunze amwe mu marembo y’umujyi. Samuel Orelus yavuze ko ubwo yabyukaga kugirango ajye ku kazi, yasanze bitanamushobokera kuva mu rugo kubera […]

todayMarch 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’Igihugu, Yoweri Kaguta Museveni, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo za Uganda (UPDF), umuhungu we General Muhoozi Kainerugaba amugira Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda. The son of Uganda's President Yoweri Museveni, Major General Muhoozi Kainerugaba attends a ceremony in which he was promoted from Brigadier to Major General at the country's military headquarters in Kampala on May 25, 2016. The son of Uganda's […]

todayMarch 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abacuruza ibikoresho byakoze barasabwa kurwanya ubujura bw’ibasira ibikorwaremezo

Abacuruza insinga z’amashanyarazi, ibyuma bishaje n’ibindi bikoresho byakoreshejwe basabwe kugira uruhare mu guhagurukira ikibazo cy’ubujura bw’ibikorwaremezo byifashishwa mu gukwirakwiza umuriro n’amazi.  Babisabwe kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, mu nama yabereye mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Gasabo, yahuje abahagarariye Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda, Minisiteri y’ibikorwaremezo, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG), Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC), Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (RTDA) n’ikigo cy’itumanaho cya MTN. Yari […]

todayMarch 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umukozi wa Minisiteri y’Urubyiruko yafunzwe akekwaho kwaka no kwakira ruswa

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Niyigena Patrick, umukozi ushinzwe guhanga udushya mu bucuruzi no guteza imbere impano muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi. Niyigena Patrick arakekwaho kwaka no kwakira ruswa y’amafaranga yatanzwe na bamwe mu bitabiriye irushanwa rya YouthConnekt Awards 2024, abizeza ko bazaza ku rutonde rw’abatsinze. Ukekwaho icyaha afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge mu gihe iperereza rikomeje hanategurwa dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha. RIB ishimira abakomeje gutanga […]

todayMarch 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Mu Rwanda hafunguwe icyicaro cy’Ikigega Nyafurika giteza imbere ibyoherezwa mu mahanga

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yatangije ku mugaragaro i Kigali, icyicaro cy’Ikigega Nyafurika gishinzwe iterambere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga (FEDA), gishamikiye kuri Banki Nyafurika ishinzwe guteza imbere ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga, Afreximbank. Ubwo batangizaga ku mugaragaro ikigega FEDA Uyu muhango wabaye ku wa gatatu tariki ya 20 Werurwe 2024, ugaragaza intambwe ya mbere yo gushyira mu bikorwa amasezerano u Rwanda rwagiranye na Afreximbank i Cairo mu Misiri, mu kwezi k’Ukuboza […]

todayMarch 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ibitaro bya Ruhengeri byatashye inzu nshya yo kubagiramo abarwayi

Inzu igenewe kubagiramo abarwaye indwara zitandukanye yuzuye mu Bitaro bikuru bya Ruhengeri, yatashywe ku mugaragaro tariki 21 Werurwe 2024, abarwayi n’abarwaza biruhutsa impungenge baterwaga no kwakirirwa ahantu hato kandi hatajyanye n’igihe. Inyubako izajya itangirwamo ubuvuzi bwo kubaga indwara yafunguwe ku mugaragaro yuzuye itwaye Miliyoni zisaga 400 z’amafaranga y’u Rwanda Iyi nzu yuzuye itwaye Miliyoni zisaga 400 z’amafaranga y’u Rwanda, igizwe n’ibyumba bine binini birimo n’ibikoresho kabuhariwe mu gutera ikinya, kongerera […]

todayMarch 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bambitswe imidali y’Ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda 425 bagizwe n’abagera kuri 240 bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) n’abandi 185 bakorera muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) bambitswe imidali y'isimwe. Ni imihango itandukanye yabereye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Werurwe 2024, mu Mujyi wa Malakal wo mu Ntara ya Upper Nile iherereye mu Majyaruguru ya Sudani y’Epfo, mu kigo gikoreramo Umutwe wa RWAFPU I-8, undi ubera mu gace ka […]

todayMarch 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ubucuruzi wungirije w’u Bushinwa

Perezida Paul Kagame, yakiriye Tang Wenhong, Minisitiri w’Ubucuruzi wungirije w’u Bushinwa, hamwe n’intumwa ayoboye, aho ari mu Rwanda mu nama ya 9 ya komite ihuriweho n’u Rwanda n’u Bushinwa ku bukungu, tekiniki, n’ubucuruzi (JETTCO). Umukuru w’Igihugu yakiriye bwana Tang Wenhong n’intumwa yari ayoboye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe, muri Village Urugwiro. Aba bayobozi bagiranye ibiganiro byibanze ku nzira zigamije gushimangira umubano mu nzego ibihugu byombi […]

todayMarch 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abanyeshuri 500 batangiye kwiga ububyaza ku buntu

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) hamwe n’Abafatanyabikorwa bayo, batangiye gahunda yo kongera ababyaza mu Rwanda, aho ku ikubitiro abagera kuri 500 batangiye kwigira ubuntu muri Kaminuza zitandukanye mu Gihugu. Ubwo hatangwaga buruse ku banyeshuri 500 biga ububyaza MINISANTE hamwe n’Ikigega cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere mpuzamahanga (USAID), biyemeje gufatanya gukuba kane umubare w’ababyaza mu Rwanda mu gihe cy’imyaka ine iri imbere (muri gahunda yiswe 4x4). Umuyobozi muri MINISANTE ushinzwe imyigishirize no guteza imbere abakozi […]

todayMarch 21, 2024

0%