Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 62 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

WASAC yatashye umuyoboro w’amazi muremure mu Rwanda

Ikigo gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyatashye umuyoboro w’amazi muremure wa mbere mu Rwanda, ureshya n’ibilometero birenga icyenda, ukagira umurambararo wa milimetero 900, ukaba waruzuye utwaye Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 23. Abayobozi batandukanye bataha uwo muyoboro Ni umuyoboro witwa Nzove-Ntunga watashywe ku wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, uzajya uvana amazi ku ruganda rwo mu Nzove, uyajyana ku kigega kinini cya Ntora kiri mu Murenge wa Gisozi mu Karere […]

todayMarch 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Kenya byiyemeje kurushaho kunoza ubwikorezi bw’ibicuruzwa

U Rwanda na Kenya byiyemeje kurushaho gushimangira umubano n’ubufatanye mu kunoza serivisi z’ubwikorezi binyuze mu muhora wo hagati ndetse n’uw’amajyaruguru bihuriyeho mu guteza imbere ubucuruzi no koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu. Minisitiri ushinzwe imihanda, ubwikorezi n’imirimo rusange muri Kenya, Kipchumba Murkomen ndetse n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri MINAFFET, Gen (Rtd) James Kabarebe, ni bo bashyize umukono ku nyandikomvugo ikubiyemo ubwo bufatanye. Iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yahuje […]

todayMarch 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Burayi bwahaye Ukraine inkunga mu bya gisirikare ya miliyari $5.48

Ibihugu byo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi byemereye Ukraine inkunga mu bya gisirikare ingana n’amadolari y’Amerika miliyari 5.48, mu rwego rwo kongerera imbaraga iki gihugu mu ntambara kirwana n’u Burusiya. Ba ambasaderi b’ibihugu 27 bigize uyu muryango bemeye kuvugurura ikigega cyagenewe kubumbatira amahoro ku mugabane w’Uburayi. Ni mu nama yabereye mu Bubiligi nyuma y’amezi y’impaka za bimwe mu bihugu bikomeye muri uyu muryango harimo u Bufaransa n’u Budage. Josep Borrell ushinzwe […]

todayMarch 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abashoferi b’amakamyo biyemeje ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha

Polisi y’u Rwanda yasabye abatwara amakamyo aremereye yambuka imipaka kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha cyane cyane ibyambukiranya umupaka. Ni mu biganiro by’umunsi umwe byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Werurwe 2024, byahuje abashoferi barenga 120 batwara amakamyo, byateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’abashoferi batwara amakamyo aremereye (ACPLRWA), ku nsanganyamatsiko igira iti: ‘Ubufatanye mu gukumira no kurwanya […]

todayMarch 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame

Mu butumwa Minisitiri January Makamba yanyujije kuri X nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, yavuze ko mu byo baganiriye, Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko hari byinshi ibihugu byombi bisangiye birimo amateka n’umuco, ndetse n’aho biherere byagakwiye gutuma bifatanya mu gukemura ibibazo bimwe mu bibangamiye abaturage. Minisitiri Makamba yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame Yagize ati "Ubutumwa bwa Perezida Kagame kuri njye n’intumwa nyoboye burasobanutse, turi inshuti, abaturanyi, abavandimwe na bashiki bacu […]

todayMarch 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Polisi yashyizeho ikigo cy’Ikoranabuhanga gikoresha ibizamini byo gutwara ibinyabiziga

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Ibizamini n’Impushya zo gutwara ibinyabiziga, mu minsi iri imbere irafungura Ikigo gishinzwe gukoresha ibizamini byo gitwara ibinyabiziga, hifashishijwe Ikoranabuhanga. Ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024, Polisi yerekanye inyubako n’ibibuga bikorerwaho ibizamini by’impushya z’agateganyo n’iza burundu, ndetse n’ikoranabuhanga rizifashishwa. Ntabwo haramenyekana igihe iki kigo kizatangira gukoresha ibizamini ndetse n’igiciro ababikora bazajya bishyura, ariko icyo giciro ngo kizaba kiri hasi y’igisanzwe gisabwa n’abafite amashuri yigisha gutwara […]

todayMarch 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ingabire Victoire si impirimbanyi ya Demokarasi, ni umunyabyaha utarihannye – Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yasubije bimwe ku bikomeje kwandikwa n’ibinyamakuru mpuzamahanga, bivuga ko Ingabire Victoire ari umunyapolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi, ndetse ko Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubusabe bwe bwo guhanagurwaho ubusembwa. Ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024 nibwo Urukiko rwafashe umwanzuro wo kwanga kwakira no gusuzuma ikirego cya Victoire Ingabire gisaba guhanagurwaho ubusembwa, ibyari kumuha uburenganzira bwo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora […]

todayMarch 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kenya yahagaritse gahunda yo kohereza Abapolisi muri Haiti

Kenya yigije inyuma gahunda yayo yo kwohereza abapolisi kubungabunga umutekano muri Haiti nyuma y'uko uwari Minisitiri w'Intebe Ariel Henry yeguye kuri uwo mwanya. Perezida William Ruto wa Kenya na minisitiri w’intebe wa Haiti, Ariel Henry, kunya 1 Werurwe, i Nairobi bashyize umukono ku masezerano yemerera Kenya kohereza abapolisi igihumbi muri Haiti kuyobora umutwe mpuzamaganga wemewe n’Umuryango w’Abibumbye. Henry yabaye atarasubira i Port-au-Prince, umurwa mukuru wa Haiti, imitwe yitwara gisirikare iba […]

todayMarch 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Urukiko Rukuru rwanze ubusabe bwa Ingabire Victoire

Urukiko Rukuru rwateshejwe agaciro ubusabe bwa Ingabire Umuhoza Victoire wifuzaga guhanagurwaho ubusembwa. Ingabire Umuhoza Victoire Ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024 nibwo Urukiko rwafashe umwanzuro wo kwanga kwakira no gusuzuma ikirego cya Victoire Ingabire gisaba guhanagurwaho ubusembwa, ibyari kumuha uburenganzira bwo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Nyakanga 2024. Urukiko rwafashe umwanzuro warwo ku ngingo zitandukanye z’iteka rya Perezida rigena imbabazi zitangwa na Perezida […]

todayMarch 14, 2024

0%