Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 63 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Ba Ofisiye bakuru biga mu Ishuri rikuru rya Polisi batangiye Urugendoshuri

Ku wa Mbere tariki ya 11 Werurwe 2024, ba Ofisiye bakuru biga mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) mu Karere ka Musanze, batangiye urugendoshuri ruzamara icyumweru muri gahunda y’amasomo y’umwaka umwe bamara biga muri iryo shuri. Ni urugendoshuri bazakorera mu Ntara zose z’u Rwanda rwitabirwa n’abagera kuri 34 bakurikirana amasomo y’icyiciro cya 12, bakaba bakomoka mu bihugu 9 by’Afurika ari byo; Botswana, Kenya, Lesotho, Malawi, Namibia, Somalia, Sudani […]

todayMarch 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania

Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania ushinzwe n’Ubutwererane bw’Afurika y’Iburasirazuba, January Makamba, n’itsinda ryaje rimuherekeje. Minisitiri January Makamba, yakiriwe na Perezida Kagame ku wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024, akaba ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine rugamije kunoza umubano hagati y’ibihugu byombi mu nzego zirimo ubucuruzi, ingufu n’ibikorwa remezo. Mu bari kumwe na Minisitiri January Makamba ubwo yahuraga na Perezida Kagame, harimo Dr Vincent Biruta, […]

todayMarch 14, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Angola

Perezida Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe, aho yakiriwe na Perezida w’iki gihugu, João Lourenço ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu ya Palácio da Cidade Alta baganira ku bibazo by’umutekano muri RDC. Kuri uyu wa mbere, tariki 11 Werurwe 2024, nibwo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yageze muri Angola ku butumire bwa mugenzi Lourenço, nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro. Perezida Kagame akigera ku […]

todayMarch 11, 2024

Inkuru Nyamukuru

Gabon yakomorewe gusubira mu muryango wa CEEAC

Igihugu cya Gabon cyari cyarahagaritswe mu muryango w’ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati CEEAC cyatangaje ko cyasubijwe muri uyu muryango. Gabon yari yavanywe muri uyu muryango kubera kudeta yakozwe n’abasirikare, bahiritse ubutegetsi bwa Perezida Ali Bongo Ondimba. Mu nama y’abakuru b’ibihugu byo muri uyu muryango yabereye i Malabo ho muri Equatorial Guinea ni ho hafatiwe icyemezo cyo gukuriraho Gabon ibihano yari yarafatiwe nyuma yo guhirika ubutegetsi. Ministiri w’ububanyi n’amahanga […]

todayMarch 11, 2024

Inkuru Nyamukuru

Papa Fransisiko yasabiye Haiti

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Fransisiko yayoboye igitambo cya Misa aho yasabiye igihugu cya Haiti cyugarijwe n’urugomo rw’amabandi yitwaje intwaro, abangamiye ku buryo bukomeye abaturage ndetse na Leta. Ari i Vatikani mu Butaliyani, aho yasomeye igitambo cya Missa mu magambo ye bwite, Papa Fransisiko yagize ati “Nkurikirana n’impungenge zivanze n’agahinda ibibazo byugarije Haiti n’urugomo rumaze iminsi.” Papa Fransisiko yavuze aya magambo ahagaze imbere y’imbaga y’abantu benshi bari baje muri […]

todayMarch 11, 2024

Inkuru Nyamukuru

Mozambique: Inzego z’umutekano z’u Rwanda zizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Ku wa Gatanu tariki 8 Werurwe 2024, ubwo isi yose yizihizaga umunsi mpuzamahanga w’abagore (IWD), abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) baherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado kwifatanya n’inzego z’umutekano za Mozambique kurwanya ibikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa Ansar Al Sunna, bifatanyije n’abaturage b’icyo gihugu mu birori byo kwishimira iterambere ry’umugore.  Ibirori byo kwizihiza uyu munsi byabereye mu gace ka Mocimboa da Praia, byitabiriwe n’Umuyobozi w’akarere, Sergio Cypriano, abapolisi, ingabo […]

todayMarch 11, 2024

Inkuru Nyamukuru

BK yifatanyije n’abakiriya bayo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore

Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore wizihizwaga ku nshuro ya 49 tariki 08 Werurwe 2024, ntabwo Banki ya Kigali (BK) yasigaye inyuma, kubera ko ku mugoroba w’iyo tariki yifatanyije n’abakiriya bayo kuwizihiza. Ubuyobozi bwa BK bwifatanyije n’abagore b’abakiriya babo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore Igikorwa cyo kwizihiza uwo munsi ku ruhande rwa BK, cyabereye mu Mujyi wa Kigali, cyitabirwa n’abagore batandukanye ariko by’umwihariko b’abakiriya b’iyo banki. Ni igikorwa […]

todayMarch 11, 2024

Inkuru Nyamukuru

Amerika yasabye Abaturage bayo kuva muri Haiti vuba na bwangu

Leta zunze ubumwe z’Amerika yabwiye abaturage bayo kuva muri Haiti, vuba na bwangu bishoboka, nyuma y’urugomo rwabaye mu mpera z’icyumweru. Amerika yahamagariye abo baturage bayo kuva muri Haiti, nyuma y’uko urugomo rwo mu mpera z’icyumweru rufashe intera. Urwo rugomo rwatumye abantu barenga 15.000 bata ingo zabo ndetse abagabo bafite intwaro babashije gukura abagororwa ibihumbi n’ibihumbi, muri gereza iruta izindi mu bunini muri Haiti. Leta zunze ubumwe z’Amerika, irimo abanya-Haiti barenga […]

todayMarch 4, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abasesenguzi basanga inzego z’umutekano z’u Rwanda zikwiye kwagura ibikorwa mu Ntara ya Cabo Delgado

Nyuma y’ibibazo by’umutekano muke biterwa n’ibyihebe bikomeje kwibasira amajyepfo y’Intara ya Cabo Delgado muri Mozambique, ababirebera hafi baravuga ko Ingabo za Mozambique n’iza SADC zidafite ubushobozi bwo guhangana nabyo bagasaba ko iz’u Rwanda RDF, zakoherezwa gutangayo umusada. Ingabo z’u Rwanda zirasabwa gutanga ubufasha ku Ngabo za SADC Ibi biravugwa mugihe amakuru ava muri Mozambique avuga ko ibitero by’ibyihebe byibasira abaturage ndetse n’inzego z’umutekano mu duce tubarizwamo ingabo z’umuryango w’ubukungu w’Afurika […]

todayMarch 4, 2024

0%