Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 64 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Nigeria: Inzara yatumye Abaturage basahura ububiko bw’ibiribwa

Ikigo gishinzwe ibiza muri Nigeria cyatangaje ko cyakajije umutekano ahabikwa ibiribwa, nyuma y’uko abantu amagana basahuye amazu bihunikwamo mu mpera z’icyumweru. Ibinyamakuru byo muri Nigeria n’imbuga nkoranyambaga berekanye abantu amagana bigabije iduka ry’ibiribwa ejo ku cyumweru, birukankana imifuka y’ibinyampeke ibindi babitwara ku mapikipiki. Ikigo k'Igihugu gishinzwe ibiza cyavuze ko iyo nzu yarimo ibiribwa itari iya cyo, ariko ko kigiye gukaza umutekano mu biro no hanze yabyo, no ku bubiko bw’ibiribwa […]

todayMarch 4, 2024

Inkuru Nyamukuru

Tshisekedi ntashaka ko Abatutsi babaho kandi akoresha FDLR – Abigaragambya

Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Nkamira mu Karere ka Rubavu zabyukiye mu bikorwa byo kwamagana Jenoside ikorerwa Abatutsi n’abandi biganjemo abavuga Ikinyarwanda bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Abigaragambya barasaba imiryango mpuzamahanga kubatabara no gusaba Leta ya Kinshasa guhagarika Jenoside ikorerwa Abatutsi muri Kivu y’Amajyaruguru, Jenoside ikorerwa Abanyamulenge muri Kivu y’Amajyepfo ndetse n’ikorerwa Abahema muri Ituri. Ni imyigaragambyo bakoze mu ituze, bavuga ko ubuzima babayemo busharira, bifuza […]

todayMarch 4, 2024

Inkuru Nyamukuru

Mozambique: Inzego z’umutekano z’u Rwanda zatanze telefone ku bayobozi b’inzego z’ibanze

Ku Cyumweru tariki 3 Werurwe, Inzego z’umutekano z’u Rwanda zitanga umusanzu wo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba muri Mozambique, zashyikirije abayobozi b’inzego z’ibanze telefone  zizabafasha mu kazi kabo no mu gusangiza amakuru ubuyobozi bubakuriye ku byahungabanya umutekano. Abahawe telefone ni abayobozi b’imidugudu 26 bazwi ku izina rya ‘Wenyekiti’, bo mu Karere ka Moçimboa da Praia gaherereye mu Ntara ya Cabo Delgado, yari yarayogojwe n’ibyihebe byo mu mutwe wa Ansar al Sunnah wal […]

todayMarch 4, 2024

Inkuru Nyamukuru

Minisitiri Biruta yagaragaje akamaro k’ubufatanye mu by’ubukungu n’ubucuruzi mpuzamahanga

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yashimangiye ko gukorera hamwe hagati y’ibihugu ari ingenzi mu guteza imbere ubukungu n’ubucuruzi mpuzamahanga, kuko bizagira akamaro no biragano bizaza. Minisitiri Dr Vincent Biruta Minisitiri Biruta yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki 02 Werurwe 2024, muri Türkiye mu kiganiro cyari ku ruhande rw’inama y’ihuriro rizwi nka Antalya Diplomacy Forum, yiga ku butwererane mpuzamahanga yabaga ku nshuro ya Gatatu. Iki kiganiro cyitabiriwe na Visi Perezida […]

todayMarch 4, 2024

Inkuru Nyamukuru

Miliyari eshanu zigiye gushorwa mu turere tw’inkengero za nyungwe

Mu Mirenge ikora kuri Nyungwe mu Turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, hagiye gushorwa amafaranga abarirwa muri Miliyari eshanu azifashishwa mu bikorwa byo kugabanya urujya n’uruza muri iyi Pariki no kuyibungabunga. Pariki ya Nyungwe Umuryango IPFG uharanira imibereho myiza, ku nkunga ya Livelihoods Funds, ni wo ugiye gushora ayo mafaranga azifashishwa mu bikorwa binyuranye, mu gihe cy’imyaka 20, harimo no gutera ibiti nk’uko bisobanurwa na Faustin Kanani uyobora IPFG. Agira ati […]

todayMarch 4, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Mnangagwa yasubitse urugendo nyuma yo kwikanga igisasu

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, yasubitse inama mpuzamahanga yagombaga kwitabira nyuma yo hagarika urugendo hikangwa igisasu. Kuri uyu wa Gatanu nibwo Perezida Mnangagwa, yaretse guhagarara ku kibuga cyo mu mujyi wa Victoria Falls, aho yagombaga kwitabira inama mpuzamahanga nyuma y’uko abayobozi bakiriye ubutumwa bwa email buvuga ko mu buryo bwizewe haba hateze bombe. Umuvugizi wa Perezida, George Charamba, yatanganze itangazo kuri uyu wa gatanu rihamya ko abayobozi bakiriye ubwo butumwa, […]

todayMarch 1, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kenya na Haiti byasinyanye amasezerano mu by’umutekano

Kenya na Haiti byasinyanye amasezerano mu by’umutekano, ajyanye no gushimangira gahunda yo kohereza abapolisi 1.000 mu butumwa bwa UN bugamije kurwanya ibikorwa by'urugomo, muri icyo gihugu cyo mu birwa bya Karayibe. Muri Nyakanga umwaka ushize, ni bwo Kenya yatangaje umugambi wo kuyobora ingabo z’amahoro muri Haiti, ubwo uduco tw’abanyarugomo twigaruriraga umurwa mukuru hafi ya wose, tugahitana abantu barenga ibihumbi 5. Cyakora urukiko rukuru rwa Kenya, rwanzuye ko kohereza abapolisi muri […]

todayMarch 1, 2024

Inkuru Nyamukuru

Pariki y’Ibirunga igiye kongerwaho ubuso bungana na 23%

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambera (RDB) rufite umushinga wo kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga iherereye mu Ntara y’Amajyaruguru , ikiyongeraho 23% by’ubuso bwayo busanzwe. Uwingeri Prosper, Umuyobozi wa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, avuga ko umushinga wo kwagura Pariki y’Ibirunga watangiye mu 2017, ariko nk’uko imishinga minini yose igira ibyiciro bitandukanye, uwo mushinga na wo wabanje kunyura mu cyiciro kibanza cyawo, ari cyo cyo kuwusobanurira abaturage no kuwuganira n’abaterankunga n’ibindi bijyanye no kuwunoza. Uwingeri avuga […]

todayMarch 1, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye urubyiruko rwitabiriye gahunda igamije guteza imbere Afurika

Perezida Kagame yakiriye urubyiruko ruhagarariye abandi rwitabiriye gahunda yiswe ‘Young Leaders Program’ ibaye ku nshuro ya gatatu. rumugaragariza imwe mu mishinga rufite rwifuza guteza imbere. Mu butumwa bwashyizwe kuri X y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, buvuga ko Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’uru rubyiruko muri Village Urugwiro, ku wa Kane tariki 29 Gashyantare 2024. Iyo gahunda ya ‘Young Leaders Program’, isanzwe itegurwa n’Umuryango uhuje Abafaransa n’Abanyafurika, French-Africa Foundation, aho yitabirwa buri mwaka n’urubyiruko […]

todayMarch 1, 2024

0%