Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 70 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo ari mu ruzinduko mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Sudani y’Epfo akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Salva Kiir Mayardit yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe. Akigera mu Rwanda ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa Kane tariki 22 Gashyantare, Salva Kiir yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta. Perezidansi ya Sudani y’Epfo yatangaje ko muri uru ruzinduko rw’umunsi umwe biteganyijwe ko agirana ibiganiro na […]

todayFebruary 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ubuzima bwarahindutse ariko haracyari n’ibibazo: Abatuye mu Midugudu y’Icyitegererezo

Hirya no hino mu Gihugu hubatswe imidugudu y’icyitegererezo, (Model Villages) ituzwamo abantu bo mu byiciro bitandukanye birimo abimuwe mu duce twashyira ubuzima bwabo mu kaga (Amanegeka), abatishoboye, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu. Abatujwe muri iyo Midugudu bagaragaza ko muri rusange bishimiye ubuzima babayemo, kuko batuye neza kd bizeye ko nta biza byabageraho isaha ku isaha, ndetse hakaba n’abatangiye kwiteza imbere bahereye ku mishinga yagiye ishyirwa […]

todayFebruary 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda ku rutonde rw’Ibihugu 11 bizagira ubukungu butajegajega

Raporo nshya yakozwe na Banki Nyafurika itsura amajyambere (AfDB), yagaragaje ko u Rwanda ruri mu bihugu 11 bya mbere muri Afurika biteganijwe ko bizagira ubukungu butajegajega mu myaka ibiri iri imbere. Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard, yagaragaje ingamba zizakomeza kuzamura ubukungu bw’u Rwanda Itsinda rya Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB) ryatangaje ko mu bihugu 20 bifite ubukungu bukomeje kwiyongera ku muvuduko wo hejuru, umugabane wa Afurika uzaba ufitemo uruhare rw’ibihugu […]

todayFebruary 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Muhanga: Batatu bafashwe bagerageza guhindura pulake za moto bacyekwaho kwiba

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Muhanga, ku wa Gatatu tariki ya 21 Gashyantare, yafashe abagabo batatu bacyekwaho kugira uruhare mu bujura bwa moto no kuzihindurira nimero iranga ikinyabiziga (Pulake). Abafashwe ni umugabo w’imyaka 30 usanzwe ari umumotari n’abakanishi babiri; umwe ufite imyaka 48 na mugenzi we w’imyaka 36, ubwo bari mu gikorwa cyo guhinduranya ibyuma bya moto na nimero ziziranga, mu mudugudu wa […]

todayFebruary 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abaturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria bari mu rugendoshuri mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, RDF, Gen Mubarakh Muganga, yakiriye intumwa zigizwe n’abarimu n’abanyeshuri 20 baturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu rugendoshuri. Izi ntumwa ziyobowe na Rear Admiral OM Olotu, Umuyobozi w’iri shuri rikuru, kuri uyu wa Gatatu nibwo basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, mu rugendoshuri batangiye ku ya 20 rukazageza ku ya 24 Gashyantare 2024. Ku cyicaro gikuru cya RDF, aba banyeshuri n’abarimu babo […]

todayFebruary 22, 2024

Inkuru Nyamukuru

Impunzi 95 z’Abarundi zatashye iwabo

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, nibwo icyiciro cya 85 cy’impunzi z’Abarundi kigizwe n’abantu 95, cyambutse umupaka wa Nemba bakaba batashye iwabo ku bushake. Bavuga ko kuba barambwiwe ko iwabo ari amahoro, ari byo byatumye basaba gusubirayo Ni impunzi zari zarahunze muri 2015 na nyuma yaho, ubwo mu gihugu cyabo hageragezwaga guhirika ubutegetsi bw’uwahoze ari Umukuru w’igihugu Petero Nkurunziza, nyuma bigakurikirwa n’imvururu zatumye ibihumbi by’Abarundi […]

todayFebruary 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Ramaphoza yemeje ko amatora rusange azaba muri Gicurasi

Perezida Cyril Ramaphosa w’Afurika y’Epfo yatangaje ko amatora y’abadepite muri icyo gihugu azaba tariki ya 29 Gicurasi uyu mwaka. Muri Afurka y'Epfo, ishyaka rigize imyanya myinshi mu nteko ni ryo rishyiraho umukuru w’igihugu. Kuri ubu ibipimo biragaragaza ko amatora aramutse abaye ubu, ishyaka rya ANC riri ku butegetsi ryabona amajwi ari hasi ya 50%. Ni ku nshuro ya mbere byaba bibaye mu myaka hafi 30 ishize, Afurika y’Epfo ibaye igihugu […]

todayFebruary 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ibihugu bigize itsinda rya G7 birateganya ibihano bishya ku Burusiya

Abayobozi b'Ibihugu bikize cyane ku isi bihuriye mu itsinda rya G7 barateganya gufatira u Burusiya ibindi bihano mu nama izaba tariki 24 Gasjyantare, yanatumiwemo Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, ikazaba hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga. Mu itangano ryashyizwe hanze, u Butaliyani, buyoboye iri tsinda butangaza ko ibihugu bigize umuryango w’u Burayi bizatangaza ibihano bishya ku Burusiya, ndetse Amerika nayo ikazarushaho gukaza ibihano yafatiye icyo gihugu. Umudiplomate w’u Butaliyani yavuze ko ibi byemezo […]

todayFebruary 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ntawe urusha u Bufaransa kumenya intandaro y’ibibazo biri muri DRC – Umuvugizi wa Guverinoma

U Rwanda rwagaragaje ko u Bufaransa buzi neza kurusha abandi bose, intandaro y’ibibazo bibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), kandi ko ari cyo gihugu cyagakwiye gushinjwa amakosa yateje ibibazo by’ingutu bishingiye ku mutekano muke mu Karere k’ibiyaga bigari. Yolande Makolo, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Ibi bije bikurikira ibyatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bufaransa, yavuze ko icyo gihugu gihangayikishijwe cyane n’ibibera mu burasirazuba bwa Congo, […]

todayFebruary 21, 2024

0%