Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 71 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Perezida wa Brazil yaburiwe kudakandagiza ikirenge muri Israheli

Israheli yatangaje ko Perezida wa Brazil, Luiz Inacio Lula da Silva, atemerewe gukandagiza ikirenge muri icyo gihugu nyuma y'amagambo aherutse gutangaza aho yagereranyije ibikorwa by’ingabo za Israheli muri Gaza nk’ibyo Hitler yakoreye Abayahudi. Israheli yarakajwe cyane n’amagambo yavuzwe na Perezida Lula ubwo yavugaga ko ibibera muri Gaza atari intambara ko ahubwo ari Jenoside. Ministiri w’Intebe wa Israheli Benjamin Netanyahu yavuze ko Perezida Lula yarenze umurongo utukura ndetse Ministiri w'Ububanyi n'amahanga […]

todayFebruary 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ubwato bwasizwe n’Abadage mu Kivu mu ntambara ya mbere y’Isi bwabonetse

Igikorwa cyo gushakisha ubwato bwaroshywe mu Kiyaga cya Kivu, mu Ntambara ya mbere y’Isi cyarimo gikorwa ku bufatanye bw’u Rwanda n’u Budage cyageze ku ntego, kuko ubwato bwamaze kuboneka. Ubwato bwasizwe n’Abadage mu Kivu mu ntambara ya mbere y’Isi bwabonetse Ntabwo hatangajwe ahabonetse ubu bwato, amakuru abwerekeyeho yose azatangazwa nyuma yo kubwerekana. Umwe mu bari mu gikorwa cyo gushakisha ubu bwato, avuga ko ubu bamaze kububona hasigaye kubumurikira abantu ndetse […]

todayFebruary 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

NEC yatangaje igihe izakirira kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yatangaje ko izatangira kwakira kandidatire ku mwanya wa Perezida ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko kuva tariki 17 Gicurasi kugeza tariki 30 Gicurasi 2024. NEC ku itariki 19 Gashyantare 2024, yasohoye inyandiko ikubiyemo amabwiriza agenga amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo mu 2024. Aya mabwiriza avuga ko kwakira kandidatire bizakorerwa ku cyicaro gikuru cya Komisiyo mu minsi y’akazi, guhera saa tatu za mu gitondo kugeza saa […]

todayFebruary 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Imiryango 34 y’impunzi z’Abarundi yiyemeje gutaha ku bushake

Imiryango 34 y’impunzi z’Abarundi igizwe n’abantu 78 bamaze igihe mu nkambi ya Mahama iri mu Karere Kirehe, bagiye gutaha mu gihungu cyabo ku bushake. Imiryango 34 y’impuzi z’Abarundi zabaga mu nkambi ya Mahama ziyemeje gutaha ku bushake Ubuyobozi bw’inkambi ya Mahama buvuga ko bagira ibiro bishinzwe kwakira abashaka gutaha, ku buryo ugize ubushake wese abigana akandikwa, ubundi hagategurwa uko azataha kuko hari ibyo aba agomba gutunganyirizwa kugira ngo azatahe nta […]

todayFebruary 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abapolisikazi bahuguriwe kurwanya kwinjiza abana mu gisirikare

Abapolisikazi 20 bitabiriye amahugurwa ajyanye no kurebera hamwe ingamba zo kurushaho guteza imbere uburyo bwo gukumira kwinjiza no gukoresha abana mu gisirikare n’imitwe yitwaje intwaro. Ni amahugurwa y'umunsi umwe yabaye ku wa Kabiri tariki 20 Gashyantare, yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’ikigo cya Dallaire kigamije kurengera abana, amahoro n’umutekano, yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru hagamijwe kumurikira abayitabiriye, ibikubiye mu gitabo cya kane giherutse gushyirwa ahagaragara […]

todayFebruary 21, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na UE byiyemeje guteza imbere urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro

U Rwanda na Komisiyo y’Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi byasinyanye amasezerano agamije guteza imbere uruhererekane nyongera gaciro mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa mbere tariki 19 Gashyantare 2024, mu Bubiligi aho Minisitiri Dr Biruta ari kubarizwa agamije kurushaho kuzamura urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse no kugaragariza amahanga uruhare rw’u Rwanda mu kurengera ibidukikije. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Bitruta Vincent, yavuze ko aya masezerano ashimangira ubuziranenge […]

todayFebruary 19, 2024

Inkuru Nyamukuru

Bidatinze abimukira bavuye mu Bwongereza baroherezwa mu Rwanda

Michael Tomlinson, Minisitiri w’Ubwongereza ufite mu nshingano abinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko yashimangiye ko indege itwaye abimukira n’abasaba ubuhungiro bavuye mu Bwongereza baza mu Rwanda, izahaguruka mu minsi ya vuba. Michael Tomlinson yashimangiye iby’iki cyemezo ku cyumweru mu kiganiro yagiranaga na Trevor Phillips kuri Sky News, avuga ko vuba bidatinze abimukira n’abasaba ubuhungiro bagomba koherezwa I Kigali. Uko kohereza abimukira bikubiye mu masezerano y’imyaka itanu u Rwanda n’u […]

todayFebruary 19, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kurinda umutekano w’Abanyarwada nta muntu tuzabisabira uruhushya – Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazigera na rimwe rushidikanya, cyangwa ngo rusabe imbabazi uwo ari wese zo kurinda umutekano w’abaturage barwo, ndetse rutazigera rubisabira uruhushya rwo kubikora. Perezida Kagame avuga ko kurinda umutekano w’Abanyarwada nta muntu azabisabira uruhushya Ibi yabigarutseho ku wa Gatanu nimugoroba, ubwo yitabiraga Inama nto ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo, yateguwe n’Akanama k’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) gashinzwe amahoro n’umutekano. Iyo nama […]

todayFebruary 19, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abashaka gutera u Rwanda batumye rwongera imbaraga mu mutekano warwo

U Rwanda rwatangaje ko ruhangayikishyijwe bikomeye n’imyitwarire ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kwirengagiza amasezerano ya Luanda na Nairobi, ndetse n’imyitwarire ya ntibindeba ikomeje kugaragazwa n’umuryango mpuzamahanga ku bikorwa by’ubushotoranyi bya RDC n’ubufatanye hagati y’iki gihugu na FDLR. U Rwanda ruvuga ko abagaragaje icyifuzo cyo kuruhungabanyiriza umutekano batumye rurushaho kuwukaza Izi mpungenge zikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda ku itariki […]

todayFebruary 19, 2024

0%