Polisi y’u Rwanda irashima uruhare rw’abaturage mu kurwanya ibyaha
Polisi y’u Rwanda ikomeje gushimira uruhare rw'abaturage mu gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi byaha, batangira amakuru ku gihe afasha mu gutahura ababigiramo uruhare. Ni nyuma y'uko mu Karere ka Gasabo, abagabo babiri bafatiwe mu cyuho batetse kanyanga, mu mukwabu wakozwe mu rucyerera rwo ku wa Gatatu tariki ya 17 Mutarama, biturutse ku makuru yari yatanzwe n'abaturage. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze […]