Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 90 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Gisozi: Gaz yaturitse yangiza ibintu by’agaciro k’asaga Miliyoni 3.8Frw

Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gisozi, Akagari ka Musezero Umudugudu w’Amajyambere, habereye impanuka ya Gaz yaturitse, inzu yari ituwemo na Kabagwira Clarisse irakongoka, hangirika ibintu bifite agaciro k’asaga Miliyoni 3,800,000Frw. Gaz yaturitse ituma habaho inkongi y’umuriro Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yatangarije Kigali Today ko iyi mpanuka yabaye ku wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024, aho Gaze yaturitse ubwo bari bayitetseho, inzu y’uwitwa Kubwimana Martin yakodeshwaga […]

todayJanuary 18, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yerekanye uburyo bwiza bwo kugera ku ntego z’Isoko Rusange rya Afurika

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko uburyo bwiza bwo kugera ku ntego z’Isoko rusange rya Afurika, ari uguhuriza hamwe imbaraga z’abikorera n’iza Leta. Perezida Kagame atanga ikiganiro muri iyi nama Ni ubutumwa yatangiye i Davos mu Busuwisi kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024, aharimo kubera Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu bw’Isi (World Economic Forum), ari naho hateraniye iy’Ihuriro ry’Inshuti z’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA). Mu kiganiro cyagarukaga […]

todayJanuary 17, 2024

Inkuru Nyamukuru

Tunisia: Abimukira 40 baburiwe irengero

Muri Tunisia abimukira 40 baburiwe irengero nyuma y'uko mu cyumweru gishize buriraga ubwato bashaka kwerekeza mu Butaliyani, nkuko bitanganzwa n’inzego z’umutekano zishinzwe kurinda imipaka yo mu mazi. Tunisia yugarijwe n’ibibazo by’abimukira muri iki gihe batakinyura cyane muri Libya nk'uko byari bimeze mu minsi ishize. Abimukira bakomeje kuva muri Afurika no mu burasirazuba bwo hagati aho bahunga ubukene n’intambara bakerekeza ku mugabane w’u Burayi gushaka imibereho myiza. Abarinda imipaka yo mu […]

todayJanuary 17, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umujyi wa Kigali wasobanuye impamvu wakuyeho inyubako z’uwaguze na Bamporiki

Umujyi wa Kigali watangaje ko wafashe icyemezo cyo gusenya inzu zubatswe mu buryo bunyuranyije n’amategeko z’uwitwa Ndayishimiye Fabien akazubaka iruhande rwa Hoteli yaguze na Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco (ubu yahindutse Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi). Ni nyuma y’aho ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho yo gusenya zimwe mu nyubako z’inzu zubatswe iruhande rwa Hoteli Nyungwe iherereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe mu […]

todayJanuary 17, 2024

Inkuru Nyamukuru

Afurika ifite ubushobozi bwo gukemura ibibazo by’ingutu byugarije Isi – Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko umugabane wa Afurika ufite umubare munini w’abantu, bafite imbaraga zo gukora biganjemo urubyiruko, bityo ko bakeneye gushyigikirwa kugira ngo babashe gukemura bimwe mu bibazo by’ingutu Isi ihura nabyo. Perezida Kagame mu nama i Davos Perezida Kagame yabigarutseho ku wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024, mu muhango wo gufungura ku mugaragaro ikigo cyitwa Timbuktoo, kigamije gushyigikira imishinga y’Urubyiruko igamije guhanga udushya mu guteza imbere umugabane wa […]

todayJanuary 17, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rurateganya kwinjiza Miliyari y’Amadolari ava mu byoherezwa mu mahanga

U Rwanda rwizeye kuzagera ku ntego yo kwinjiza Miliyari y’Amadolari y’Amerika (Miliyari 1200 z’Amafaranga y’u Rwanda) avuye mu musaruro w’ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga mu 2023-2024, hagandewe ku buryo kwinjiza amadovize byagiye bizamuka mu myaka iheruka nk’uko byasobanuwe na Bizimana Claude, Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi (NAEB). Imibare yatanzwe muri raporo yo muri Kamena 2023 ya NAEB, amadovize yinjijwe n’ibikomoka ku musaruro w’ubuhinzi […]

todayJanuary 17, 2024

Inkuru Nyamukuru

Rubavu: Uwacukuraga amabuye y’agaciro yapfiriye mu kirombe

Umuturage usanzwe ukora mu kirombe cy’amabuye y’agaciro cy’ikigo cya CEMINYAKI, giherereye mu Kagari ka Burushya mu Murenge wa Nyamyumba azize kubura umwuka. Ikirombe yaguyemo Abaturage babwiye Kigali Today ko abantu babiri baheze mu kirombe kubera kubura umwuka, bagerageza kubakuramo, ariko barokora umwe undi basanga yapfuye. Abaturage bavuga ko byabaye mu masaha ya saa munani, ariko ubuyobozi bwa CEMINYAKI butangaza ko byabaye nyuma y’amasaha y’akazi. Abaturage bavuganye na Kigali Today bagira […]

todayJanuary 17, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yerekeje i Davos mu Busuwisi

Perezida Paul Kagame yageze i Davos mu Busuwisi aho yitabiriye inama ngarukamwaka y’ihuriro ry’ubukungu ku Isi (World Economic Forum) iri kuba ku nshuro ya 54. Perezida Kagame yageze i Davos kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024, akaba ari mu bagomba gutanga ibiganiro muri iri huriro mpuzamahanga ku bukungu. Iyi nama yatangiye kuva tariki 15 ikazasozwa tariki 19 Mutarama 2024. Iyi nama iteranye ku nsangamatsiko igira iti: "Kongera kubaka […]

todayJanuary 16, 2024

Inkuru Nyamukuru

EU yafatiye ibihano umwe mu bayobozi bakomeye ba Hamas

Umuryango w'ubumwe bw'Uburayi, kuri uyu wa kabiri, washyize umwe mu bayobozi bakomeye b'umutwe wa Hamas, Yahya Sinwar, ku rutonde rw'abakora ibikorwa by'iterabwoba bagomba gufatirwa ibihano, kubera ibitero uyu mutwe wagabye kuri Israheli tariki 7 Ukwakira umwaka ushize. Iwo mwanzuro umuryango w’ubumwe bw'u Burayi wafatiye Yahya Sinwar, ujyanye no kuba imitungo yose afite ku butaka bw’uwo muryango ugizwe n’ibihugu 27 igomba gufatirwa. Uyu arashinjwa ko yateguye ibitero umutwe wa Hamas wagabye […]

todayJanuary 16, 2024

0%