Imodoka zatangiye gutambuka aho umuhanda Huye-Nyamagabe wari wangiritse
Umuhanda Huye-Nyamagabe ahitwa ku Karambi wangiritse ku wa Mbere tariki 15 Mutarama 2024, bituma ufungwa ku buryo nta binyabiziga byatambukaga, ariko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, imashini zikaba zahazindukiye zikora ahandi hafasha imodoka nto gutambuka, ubu zikaba zatangiye kugenda ndetse n’inini zemerewe kuhanyura. Imodoka zatangiye gutambuka Umuhanda ukimara kwangirika, nubwo igice kimwe kitari cyangiritse cyane, Polisi yahisemo kuwufunga kugira ngo hataba impanuka, ababishoboye bagashaka izindi nzira, mu gihe […]