Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 92 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Umusaza Nyagatare yahinyuje abavuga ko ‘nta myaka 100’

Bijya bibaho ko abakiri bato bitwara uko babonye bavuga ko n’ubundi batari kuzaramba bavuga ngo ‘nta myaka 100’. Nyamara umusaza Nyagatare Karawudiyani w’i Nyaruteja mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo yarayujuje, kandi biragaragara ko agikomeye. Nk’uwakoreye Kiliziya, umusaza Nyagatare yishimira ko mu bamukomokaho harimo umwuzukuru we Padiri Eric, akizera ko hazaboneka n’abandi bamukomokaho biha Imana Uyu musaza uvuga ko yavutse mu ntangiriro z’umwaka wa 1924, yakoreye Kiliziya Gatolika muri […]

todayJanuary 15, 2024

Inkuru Nyamukuru

Muhanga: Abahebyi bakora ubucukuzi butemewe bakura he imbaraga?

Abahebyi ni izina ry’abakora ubucukuzi bw’amabuye butemewe mu Karere ka Muhanga, kubera ko ubwabo basa nk’abanga ubuzima bwabo, kuko ingaruka za mbere bakura muri ubwo bucukuzi ari impfu za hato na hato. Aha ni kuri umwe mu baturage ahakorerwa ubucukuzi butemewe n’abo bivugwa ko ari abagize umuryango umwe bahakorera Hari n’aho abacukura mu buryo butemewe n’amategeko bitwa Abanyogosi na byo bitewe n’uko baca mu rihumye inzego zose, bakishora mu bikorwa […]

todayJanuary 15, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umukozi w’Umurenge arakekwaho kwakira ruswa y’ibihumbi 70 Frw

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwafunze umukozi ushinzwe Irangamimerere (Etat Civil) mu Murenge wa Kiyombe, witwa Habyara Justin w’imyaka 51 y’amavuko n’umuturage witwa Nubahimana w’imyaka 24 y’amavuko, bakaba bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke (ruswa) aho Habyara Justin akurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwakira indonke (ruswa) y’amafaranga y’u Rwanda 70,000. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, avuga ko Habyara Justin yahawe aya mafaranga n’umuturage witwa Nubahimana […]

todayJanuary 15, 2024

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Abasirikare bari mu mahugurwa bamuritse imico yo mu bihugu byabo

Abasirikare 49 bo ku rwego rwa Ofisiye biga mu Ishuri rikuru rya Gisirikare (Rwanda Defence Force Command and Staff College) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, bamuritse imico itandukanye y’ibihugu byabo. Igisoro ni umukino werekanywe n’abo ku ruhande rw’u Rwanda Byabaye ku munsi w’Umuco (Culture Day) wabereye muri iryo shuri tariki 12 Mutarama 2024, mu busabane bwaranzwe n’imbyino ndetse n’indirimbo zo mu bihugu bitandukanye, banasangira ibiribwa n’ibinyobwa by’ubwoko butandukanye […]

todayJanuary 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

TECNO yamuritse telefone zitanga amahirwe yo kureba umukino wa nyuma wa AFCON

TECNO Mobile Rwanda yashyize ku isoko telefone za SPARK 20 Series zishobora gutanga amahirwe yo kureba umukino wa nyuma w’igikombe cya Africa (AFCON) gitangira kubera muri Ivory Coast guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Mutarama 2023, ku nshuro yacyo ya 34, aho TECNO ari umwe mu baterankunga bacyo. Mu rwego rwo gushimisha no guha ibyiza Abanyarwanda, TECNO yatanze amahirwe by’umwihariko ku bakiriya bayo, yo kureba umukino wa nyuma wa […]

todayJanuary 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Tanzania basinyanye amasezerano yo guteza imbere inganda zitunganya amata

Ibihugu by’u Rwanda na Tanzania, tariki 12 Mutarama 2024, byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere inganda zitunganya umusaruro w’amata. Aya masezerano yashyiriweho umukono muri Zanzibar n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, ndetse Minisitiri w’ubworozi n’uburobyi muri Tanzaniya, Abdallah Hamis Ulega. Muri Kanama ya 2021 ubwo Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yagiriraga uruzinduko rwe mu Rwanda, hasinywe amasezerano mu […]

todayJanuary 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

RBC irahumuriza abantu kubera ibicurane byiyongereye

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya ibyorezo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Edson Rwagasore, arahumuriza Abanyarwanda ko muri iyi minsi y’ubukonje hakunze kugaragara indwara zifata imyanya y’ubuhumekero nk’ibicurane, bityo ko abafite icyo kibazo badakwiye gukeka ko bamaze kwandura Covid-19, ariko nanone akabasaba kugana ibigo by’ubuvuzi. Mu kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko mu gihe cy’ubukonje hakunze kugaragara indwara zifata imyanya y’ubuhumekero cyane mu mazuru, mu mihogo no mu bihaha zirimo […]

todayJanuary 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Hongeye gututumba umwuka mubi hagati y’ubushinwa na Taiwan

Igisirikare cy’Ubushinwa cyatangaje ko kiri maso umwanya uwo ari wo wose kandi ko giteganya gufata ingamba zose zikenewe mugihe Taiwan yafata umwanzuro wo kwigenga ikiyomora ku Bushinwa. Ibi ni ibitangajwe mbere y'umunsi umwe ngo habe amatora akomeye, aho abaturage batuye iki kirwa kuri uyu wa gatandatu bazatora umukuru w'Igihugu ndetse n'abagize Inteko Ishinga amategeko. Umuvugizi wa Minisiteri y'Ingabo, Zhang Xiaogang ku wa gatanu yashinje ishyaka riri ku butegetsi muri Taiwan […]

todayJanuary 12, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 60 y’impinduramatwara muri Zanzibar

Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b'ibihugu bitabiriye umuhango wo kwizihiza imyaka 60 ishize habaye impinduramatwara muri Zanzibar mu birori byabereye kuri Amaan Stadium. Perezida Kagame yageze muri Zanzibar mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Mutarama aho yakiriwe na mugenzi we wa Zanzibar, Dr Hussein Ali Mwinyi, akaba ari we Mukuru w’Inama ishinzwe Impinduramatwara muri Zanzibar.  Umukuru w'Igihugu yifatanyije na Dr. Hussein Ali Mwinyi, Perezida wa Zanzibar, […]

todayJanuary 12, 2024

0%