Zimbabwe: PAM iri gukusanya imfashanyo y’ibiribwa igenewe miliyoni 2,7 bugarijwe n’inzara
Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku biribwa Porogaramu PAM, ryatangaje ko mu mezi atatu ari imbere iteganya gutanga imfashanyo y’ibiribwa ku bantu miliyoni 2,7 bibasiwe n'inzara muri Zimbabwe. Ibi byatangajwe na Christine Mendes uhagarariye PAM by’agateganyo muri iki gihe. Ibi ni nyuma y’amapfa yatejwe na serwakira yo mu nyanja. Iki gihugu cyo mu majyepfo y’Afurika gifite ibibazo byo kwihaza mu biribwa kuva mu 2000, ubwo Robert Mugabe wari Perezida yafataga ibikingi […]