Mu mashuri hakomeje kugaragara ikibazo cy’ubucucike
Raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta mu mwaka wa 2022, yagaragaje ko amashuri mu Rwanda akibonekamo ubucucike bw’abanyeshuri, ku kigero cy’abana 77 mu ishuri rimwe. Ni ikigero kiri hejuru hagendewe kuri gahunda ya Leta, aho biteganywa ko nibura icyumba kimwe cyabamo abana 46. Hari amashuri akirimo ubucucike bigatuma abana batiga neza Gahunda ya NST1 igaragaza ko ishyize imbere kongera umubare w’abana bagana amashuri y’icuke, bakava kuri 17.5% kuva muri 2016 kugera […]