Amakuru

6718 Results / Page 85 of 747

Background

Inkuru Nyamukuru

Polisi irashimira uruhare rw’abaturage mu kurwanya ubucuruzi bwa magendu

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage bakomeje kugira uruhare mu kurwanya ibyaha, batanga amakuru atuma bimwe bikumirwa bitaraba, ibindi bigakurikiranwa mu maguru mashya bituma ababigizemo uruhare bafatwa bagashyikirizwa ubutabera. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP), Bonaventure Twizere Karekezi, yabigarutseho nyuma y’uko mu murenge wa Mudende wo mu Karere ka Rubavu, ibikorwa bya Polisi byo mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Mutarama, […]

todayJanuary 25, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kurya kabiri ku munsi byari amateka – Ubuhamya bwa Harerimana Emmanuel ubu ufasha abandi

Harerimana Emmanuel, ni umwe mu bitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, yatangiye ku itariki 23 isozwa ku ya 24 Mutarama 2024, aturuka mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, akaba yatanze ubuhamya bw’uko imiyoborere myiza yamuhinduriye ubuzima, yarangiza na we agahindura ubw’abandi ahereye ku bamwegereye mu Mudugudu. Harerimana Emmanuel atanga ubuhamya Harerimana Emmenuel yavuze ko ubu ari umukozi wa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, utembereza ba mukerarugendo mu gusura ingagi n’ibindi, […]

todayJanuary 25, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yanenze abayobozi bakorana batavugana

Mu ijambo risoza Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, yatangiye ku wa 23 kugera ku wa 24 Mutarama 2024, Perezida Paul Kagame yanenze abayobozi batuma sisitemu idakora neza, bitewe no kudahanahana amakuru, abaza impamvu binanirana. Perezida Kagame yanenze abayobozi bakorana batavugana Yatanze urugero rw’aho usanga abantu batavugana, kandi nta Minisiteri n’imwe cyangwa umuntu n’umwe, wabasha gukemura ikibazo wenyine, abaza impamvu ituma abantu badakorana na bagenzi babo. Yagize ati “Sisitemu kugira ngo […]

todayJanuary 25, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida wa Guinée, Général Mamadi Doumbouya, arasura u Rwanda

Perezida wa Guinée Conakry, Général Mamadi Doumbouya, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 25 Mutarama 2024, mu ruzinduko rugamije kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi. Amakuru ajyanye n’uru ruzinduko rwa General Mamadi Doumbouya, yatangajwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Guinée Conakry kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024. Uru ruzinduko rwa General Doumbouya, ruje rukurikira urwo Perezida Paul Kagame yagiriye muri Guinée Conakry muri Mata 2023, yatangiye uruzinduko rw’akazi […]

todayJanuary 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

Burera: Urubyiruko rwagaragaje ikibazo cy’uko rutagira agakiriro

Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rugaragaza ko runyotewe kubakirwa agakiriro, kuko byarworohereza gushyira mu ngiro amasomo y’imyuga rwize, binyuze mu guhanga imirimo ibyara inyungu, imibereho ikarushaho kuba myiza. Ngabonziza(Uhagaze imbere ya micro) ubwo yagarukaga ku kibazo cyo kuba muri aka Karere nta gakiriro kaharangwa Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano ibaye ku nshuro ya 19, ikaba yatangiye guhera ku wa kabiri tariki 23 Mutarama 2024, mu bibazo byayibarijwemo harimo n’icyagarutse kuri […]

todayJanuary 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

Mu Rwanda hategerejwe imbangukiragutabara zigera kuri 200 – MINISANTE

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko mu rwego rwo gukomeza korohereza abagera kwa muganga bakoresheje imbangukiragutabara, hamaze gutumizwa izigera kuri 200. Minisitiri Nsanzimana avuga ko uyu mwaka uzajya kurangira ikibazo cy’ubuke bw’imbangukiragutabara cyabaye amateka Byagarutsweho na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, ku munsi wa mbere w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, mu kiganiro yagezaga ku bayitabiriye ndetse n’Abanyarwanda bo mu bice bitandukanye bari bayikurikiye, ku ishusho y’uko urwego rw’ubuzima ruhagaze, by’umwihariko kuri […]

todayJanuary 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda ruragaragaza uko DRC ihembera ingengabitekerezo ya Jenoside amahanga arebera

Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside, hagamijwe gutsemba ubwoko bw’Abatutsi batuye muri icyo Gihugu. Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascene Bizimana Ibi ni ibyagarutsweho mu kiganiro ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 19, cyagaragaje aho Igihugu cyavuye, aho kigeze n’aho giteganya kugera mu mibereho, imibanire n’imiyoborere. Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean […]

todayJanuary 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

Sinigeze ngira inzozi zo kuzaba Minisitiri – Minisitiri Dr Utumatwishima

Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Abdallah Utumatwishima yavuze ko kuva mu bwana bwe atigeze agira inzozi zo kuzaba Minisitiri kubera amateka n’imibereho y’umuryango akomokamo. Ibi Minisitiri DR Utumatwishima yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024 ku munsi wa kabiri w’inama y’umushyikirano mu kiganiro kigaruka ku ruhare rw’urubyiruko mu kugena ahazaza h’u Rwanda. Minisitiri Dr Utumatwishima abajijwe niba yarumvaga ko azaba we yasubije ko atigeze agira izo nzozi mu bwana bwe […]

todayJanuary 24, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ruswa n’amarozi biri mu byaciye Perezida Kagame ku bibuga by’umupira w’amaguru

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19, Perezida Paul Kagame yavuze ko ruswa n’amarozi biri mu byatumye acika ku bibuga by’umupira w’amaguru. Perezida Paul Kagame Hari mu mwanya wo gusubiza ibibazo bitandukanye byabazwaga n’abitabiriye iyi Nama y’Umushyikirano aho yari abajijwe ikibazo na Jimmy Mulisa, umwe mu bahoze bakinira ikipe y’Igihugu, Amavubi, ndetse akaba n’umutoza w’umupira w’amaguru, ubu akaba ari umutoza n’umuyobozi mukuru w’ishuri ry’umupira w’amaguru rya “Umuri Foundation”. […]

todayJanuary 24, 2024

0%