Ni ngombwa gukomeza gushyigikira ibikorwa byo kugarura amahoro – Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama ya 19 y’Abakuru b’Ibihugu byibumbiye mu Ihuriro ry’Ibihugu bidafite aho bibogamiye (Non-Aligned Movement/NAM) irimo kubera i Kampala muri Uganda, yahamagariye abayobozi n’abatuye Isi gukomeza gushyigikira ibikorwa byo kugarura amahoro, by’umwihariko gushakira umuti ibitera amakimbirane. Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente Yagize ati “Iyi nama ibaye mu gihe mu Rwanda tugiye kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, iki gikorwa […]