Team

11 Results / Page 2 of 2

Background

Umunyamakuru

Jean Jules Uwimana

Jean Jules UWIMANA yize itangazamakuru n’itumanaho muri Kaminuza Gatorika ya Kabgayi (ICK).

Kubera gukunda itangazamakuru cyane, kugerageza kurikora yabitangiriye mu mashuri yisumbuye aba mu matsinda yatangazaga amakuru imbere mu kigo (Media CLUBS).

Akiri umunyeshuri muri kaminuza nibwo yatangiye no gukora umwuga w’itangazamakuru, aho yahereye kuri Radio Huguka mu biganiro by’imikino n’imyidagaduro ndetse akaba yaranakoreye Energy Radio.

Yatangiye gukorera Kigali Today Ltd nk’umunyamakuru w’imikino tariki ya 4 Ukwakira 2021
Mu buzima bwo hanze y’akazi akunda kuba ari hamwe n’umuryango we cyane ,gukora siporo zitandukanye,gukurikirana amakuru y’aho isi igeze mu buzima butandukanye, kureba imikino ndetse akaba akunda n’umuziki.

Umunyamakuru

Janvier Ruzindana

Janvier RUZINDANA yarangije icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (Bachelors), mu Itangazamakuru n’itumanaho (Journalism and Communication), muri Institut Catholique de Kabgayi (ICK), muri 2021.

Yatangiye umwuga w’itangazamakuru muri 2017, kuri Radio y’abaturage (Radio Huguka). Ubu akaba ari Umunyamakuru mu Ishami ry’Amakuru kuri KT Radio.

Mu buzima busanzwe, Janvier Ruzindana akunda imikino itandukanye by’umwihariko (Football), umuziki na Sinema z’ubwoko bwose. Akunda gusetsa ndetse no gusabana n’abandi. Akunda gusoma no gukoresha imbuga nkoranyambaga.

No more entries

0%