Ubushinwa Bwahagaritse Ibiganiro n’Amerika, bukaza imyitozo yo kurasa Tayiwani
Abategetsi bo muri Tayiwani kuri uyu wa gatandatu batangaje ko igisirikare cy’Ubushinwa cyakoze imyitozo y’uburyo cyagaba ibitero kuri icyo kirwa gikoresheje indege n’amato y’intambara. Tayiwani iravuga ko ibyo byakozwe mu rwego rwo kwihimura kubera uruzinduko Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika, Nancy Pelosi, yagiriye muri icyo gihugu. Urwo ruzinduko kandi rwatumye Ubushinwa buhagarika ibiganiro bwagiranaga na Leta zunze ubumwe z’Amerika ku byerekeye umutekano n’ibindi bitandukanye. Ministri w’Ububanyi n’Amahanga w’Amerika Anthony Blinken […]
Post comments (0)