KT Radio Team

4677 Results / Page 1 of 520

Background

Inkuru Nyamukuru

#EAPCCO2023: Polisi y’u Rwanda yegukanye irushanwa mu kurasa

Polisi y'u Rwanda yegukanye umudali wa Zahabu mu mukino wo kurasa wabereye mu Kigo cya Polisi giherereye mu Karere ka Bugesera. Umukino wo kurasa ni umwe mu mikino 13 ibera mu Rwanda mu mikino ihuza abapolisi bo mu muryango w'abayobozi ba Polisi mu bihugu byo mu Karere k'Afurika y'Iburasurazuba (EAPCCO).Ku mukino wa nyuma wabereye mu kigo cya Polisi y'u Rwanda mu Karere ka Bugesera, ku Cyumweru tariki 26 Werurwe, u […]

todayMarch 27, 2023

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda ruri mu bihugu bifite amashanyarazi ahendutse (Raporo)

U Rwanda rwashyizwe ku rutonde rw’ibihugu 30 ku rwego rw’isi bigeza amashanyarazi ku baturage ku biciro biri hasi cyane, nk’uko byerekanwa na raporo iherutse gushyirwa ahagaragara n’urubuga rwo kuri murandasi kabuhariwe mu makuru arebana n’isoko n’abaguzi (Statista.com). Ibindi bihugu byo muri Afurika biri kuri urwo rutonde ni Ghana, Afurika y’Epfo, na Kenya. Iyo raporo yashingiye ku nyigo yakozwe muri Kamena 2022 ku bihugu 30 byo hirya no hino ku isi, […]

todayMarch 27, 2023

Inkuru Nyamukuru

‘Drones’ zigiye gutangira gutwara ibicuruzwa

Bwa mbere mu Rwanda indege zitagira abapilote ‘Drones’, zigiye kujya zigeza ku baturage no ku bantu batandukanye ibicuruzwa ndetse n’imiti, zibibasangishije aho bakorera no mu ngo zabo. Umuyobozi wa Zipline, Benimana Shami Eden, avuga ko iyi serivisi igiye gutangira gukora muri uyu mwaka ikajya igeza ibicuruzwa ndetse n’ibintu bitandukanye aho abantu bakorera ndetse no mu ngo zabo. Ati “Umuntu azajya atubwira aho aherereye ndetse anatumenyeshe aho ibyo indege itwaye iri […]

todayMarch 27, 2023

Inkuru Nyamukuru

Abimukira 19 Baguye mu Nyanja ya Mediterane bajya i Burayi

Abimukira 19 baturutse mu bihugu byo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara baguye mu nyanja ya Mediterane nyuma y’uko ubwato barimo burohamye muri iyo nyanja banyuragamo berekeza mu Butaliyani. Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu watangaje ayo makuru wavuze ko bari bavuye mu gihugu cya Tuniziya. Mu minsi 4 ishize ubwato 5 butwaye abimukira bwarohamye mu muri iyi nyanja buturutse mu mujyi wa Sfax. Abagera ku 9 baguye muri izi […]

todayMarch 26, 2023

Inkuru Nyamukuru

Niyonkuru Samuel yegukanye Kivu Belt Race 2023

Niyonkuru Samuel ukinira ikipe y'Amagare ya Inovotec yegukanye isiganwa ry'amagare rya Kivu Belt Race 2023 ahigitse Muhoza Eric ukinira Bike Aid yo mu Budage. Ni irushanwa ryabaye kuri iki Cyumweru tariki 26 Werurwe, ribera ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Rubavu. Ryateguwe ku bufatanye bw’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda, FERWACY n’Akarere ka Rubavu. Kivu Belt Race ni isiganwa ryongerewe mu azaba agize Shampiyona y’Amagare mu Rwanda mu 2023 […]

todayMarch 26, 2023

Inkuru Nyamukuru

Rubavu: Impanuka ihitanye babiri barimo umupolisi

Impanuka y’ikamyo bivugwa ko yabuze feri, ihitanye umupolisi w’igitsina gore n’umumotari wari umuhetse, abandi bagenzi 2 barakomereka. Iyo mpanuka yabereye mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Nengo mu Karere ka Rubavu, hafi y’ibitaro bya Gisenyi, kuri iki Cyumweru tariki 26 Werurwe 2023, iyo kamyo ikaba yagonze n’ibindi binyabiziga. Amakuru yatangajwe n’umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, avuga ko icyateye iyi mpanuka ari ikamyo yavaga i Kigali yerekeza […]

todayMarch 26, 2023

Inkuru Nyamukuru

Santrafurika: Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidali

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), bambitswe imidali y’ishimwe kubera uruhare bagize mu bikorwa byo kugarura amahoro n’umutekano, no gufasha abaturage. Abapolisi 320 bo mu itsinda rya (RWAFPU-1), nibo bambitswe imidali mu muhango wabereye ku cyicaro gikuru giherereye mu murwa mukuru i Bangui, ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023. Uyu muhango wayobowe na Valentine Rugwabiza, intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru […]

todayMarch 26, 2023

Inkuru Nyamukuru

Abanyarwanda barakangurirwa kurya ibiryo gakondo

Umuryango ACORD Rwanda watangije ubukangurambaga ‘Mpisemo ibiryo Nyafurika’, bugamije gukangurira Abanyarwanda kurya ibiryo byo muri Afurika, ibiryo gakondo, cyane cyane ibihugu bikagira Politiki zishingiye ku biryo bya Afurika. Ni ubukangurambaga bwabereye mu Karere ka Rulingo mu Murenge wa Bushoki, Akagari ka Nyirangarama, ahamuritswe amoko atandukanye y’ibiribwa gakondo, ndetse n’imiti yifashishwa mu kurinda ibyonnyi. Abagenerwabikorwa b’umushinga ACORD Rwanda, bavuga ko ibihingwa bamuritse byose bifite akamaro kanini ku buzima bwa muntu, ari […]

todayMarch 26, 2023

Inkuru Nyamukuru

Sudani: Hagiye gushyirwaho Leta ya Gisivile

Perezida wa Sudani Jenerali Abdel Fattah al-Burhan kuri iki cyumweru yatangaje ko igisirikare cy’igihugu cye kigiye kuyoborwa na leta nshya ya gisivili. Mu ijambo rye ribanziriza ivugururwa ry’inzego za gisirikare n’izumutekano i Khartoum mu murwa mukuru, Jenerali Abdel Fattah al-Burhan yavuze ko igihugu cye kizubaka igisirikare kitazivanga muri politike kandi cyizewe n’abaturage ba Sudani kuba kizatanga umusanzu wo kubaka igihugu kigendera kuri demokarasi. Hashize umwaka igisirikare gihiritse ubutegetsi muri iki gihugu. […]

todayMarch 26, 2023

0%