Imwe mu ndirimbo zikunzwe cyane zo kwizihiza umunsi w’ivuka rya Yezu Kirisitu cyangwa Yesu Kristo, ni iyitwa Mary’s Boy Child yahimbwe n’itsinda ryo mu Budage ryitwaga Boney M ryamamaye cyane mu myaka ya za 1980.
Ni itsinda ryashyizweho n’abirabura bane (4) babaga mu Budage, barimo Bobby Farrell, warangwaga n’umusatsi mwinshi cyane ku buryo mu gihe cye na nyuma yaho, mu Rwanda umuntu waterekaga umusatsi ukaba mwinshi bavugaga ko yasokoje Boney M insokozo Nyafurika ubusazwe yitwa Afro.
Bobby Farrell witabye Imana tariki 30 Ukuboza 2010, akomoka mu mujyi wa Aruban muri San Nicolas mu birwa bya Caribbean akaba yari afite n’ubwenegihugu bw’Ubudage. Yamamaye cyane kubera uburyo yabyinaga n’imbaraga nyinshi yikanashura, akagira n’ijwi rinini wumvaga ko rituraka mu gituza cy’umugabo koko.
Abagore batatu bafatanyije nawe gushyiraho Boney M ni: Elizabeth Rebecca Mitchell na Marcia Barrett bakomoka muri Jamaica bakagira ubwenegihugu bw’Abongereza, na Maizie Ursula Williams ukomoka ku kirwa cya Montserrat kiyoborwa n’Ubwongereza.
Bose baracyariho ariko Boney M yasenyutse mu 1988 abari bayigize batangira kujya bakora ibitaramo buri muntu ku ruhande rwe bari kumwe n’abandi bahanzi bashya.
Umudage witwa Frank Farian, ni we wandikiraga Boney M indirimbo akanabatunganyiriza injyana (producer). Nyuma yo gusenyuka kwa Boney M, yakoranye n’itsinda rya Milli Vanilli ryo mu mujyi wa Munich mu Budage kugeza mu 1998.
Aya matsinda yombi byaje kumenyekana ko abagaragaraga imbere atari bo baririmbaga, ahubwo byose ngo byakorwaga na producer wabo Frank Farian yifashishije amajwi y’abandi bantu (playback), ari yo ntandaro yo gusenyuka nyuma y’uko bimenyekanye. Bonney M (1974-1988), Milli Vanilli (1988-1998).
Dore indirimbo Mary’s Boy Child isobanuye mu Kinyarwanda:
Post comments (0)