KT Radio Team

7076 Results / Page 194 of 787

Background

Inkuru Nyamukuru

U Bushinwa: Abanyarwanda ba mbere baminuje mu bucuruzi bwo kuri murandasi bahawe impamyabumenyi

Ku wa 15 Kamena 2023, Ambasade y’u Rwanda mu Bushinwa yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 22 b’Abanyarwanda, baminuje mu Ishuri ry’Ubucuruzi rya Alibaba (Alibaba Business School), ryo muri Kaminuza ya Hangzhou Normal University iri mu Bushinwa. Abanyarwanda ba mbere baminuje mu bucuruzi bwo kuri murandasi bahawe impamyabumenyi Aba banyeshuri basoje ikiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree) mu bucuruzi mpuzamahanga, agashami k’Ubucuruzi bukorerwa kuri Murandasi (e-commerce), bakaba baratangiye […]

todayJune 16, 2023

Inkuru Nyamukuru

Isoko rya Rubavu rimaze imyaka 12 ryubakwa nta byangombwa rifite

Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority) Nsanzineza Noel yavuze ko ibibazo isoko rya Gisenyi rifite uyu munsi, byatewe no kuba ryaratangiye kubakwa ridafite icyangombwa ndetse no kudakorerwa ubugenzuzi buhagije, bigatuma imyubakire yaryo itangira idakurikije ibisabwa ku nyubako rusange. Igishushanyo mbonera cy’isoko rya Rubavu Iri soko ryari ryitezweho guhindura imyubakire y’umujyi wa Gisenyi, ryatangiye ryubakwa n’akarere ariko nyuma riza kwegurirwa abikorera bihurije mu kigo cy’ubucuruzi RICO. Ubuyobozi bwa […]

todayJune 16, 2023

Inkuru Nyamukuru

Kayonza: Umwana wafotowe yigira ku matara yo ku muhanda yahawe amashanyarazi mu rugo

Umwana w’umukobwa w’umunyeshuri uherutse gufotorwa yicaye iruhande rw’umuhanda yigira ku matara yo ku muhanda, yahawe amashanyarazi azajya yigiraho iwabo mu rugo atekanye. Amafoto y’uwo mwana yicaye ku muhanda yiga mu masaha ya nijoro yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’umuntu wamunyuzeho, abonye umuhate afite, yiyemeza kumukorera ubuvugizi. Uwo muntu yanditse ati “Kubyibonera n’amaso yanjye byandenze, ndimo ntaha ku mugoroba, ndi mu muhanda natangajwe nkorwa ku mutima n’umwana w’umukobwa wari wiyambaje amatara yo […]

todayJune 16, 2023

Inkuru Nyamukuru

MONUSCO izava muri RDC mu mezi Atandatu ari imbere

Minisitiri w’itangazamakuru wa Republika ya demukarasi ya Congo Patrick Muyaya yamenyesheje ko Monusco izataha mu mezi atandatu ari imbere. Ibi Muyaya yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa kabiri 13 Kamena. Ni bimwe mu byo guverinoma ya Kongo yavuganye n’umufasha w’umunyamabanga mukuru w’umuryango wa bibumbye Jean Pierre la Croix igihe yari ari mu ruzinduko muri Kongo hashize iminsi irenga icyumweru. Mu ntara ya Kivu ya ruguru niho Monusco ifite umubare […]

todayJune 16, 2023

Inkuru Nyamukuru

Rubavu: Umujura yarashwe amaze kwambura abaturage

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubavu bwemeje ko hari umusore warashwe na Polisi y’u Rwanda mu ijoro rya tariki 14 Kamena 2023, aho yari amaze gutega abantu babiri abambura telefoni n’amafaranga. Abaturage bari buzuye aharasiwe uwo mujura Abaturage bashimiye polisi kuri iki gikorwa, banayisaba gukomeza gushakisha abantu nk’aba bahungabanya umutekano kuko byatuma n’abandi batinya. Umwe yagize ati: "iyo uri mu nzira utaha wumva abantu bagufashe bakakwambura, icyo dusaba ubuyobozi ni uko abantu […]

todayJune 16, 2023

Inkuru Nyamukuru

Mu Rwanda hari kubera ibiganiro ku butabera n’amahoro arambye

Ku wa Kane tariki ya 15 Kamena, mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC), riherereye mu Karere ka Musanze, hatangijwe ibiganiro nyunguranabitekerezo bizamara iminsi ibiri byiga ku butabera, amahoro n’umutekano birambye. Ni ibiganiro bihuje impuguke mu ngeri zitandukanye zirimo inzobere mu bushakashatsi, abo mu nzego zifata ibyemezo n’abarimu muri za Kaminuza, hagamijwe guteza imbere ubutabera buharanira amahoro n’umutekano birambye ku mugabane w’Afurika. Ibi biganiro byitabiriwe ku nshuro ya 10 bikubiye mu […]

todayJune 16, 2023

Inkuru Nyamukuru

Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2023-2024 yariyongereye ugereranyije n’iy’Umwaka wa 2022-2023

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2023-2024 irenga miliyari 5,030 na miliyoni 100Frw, ikaba yariyongereho miliyari 265 na miliyoni 300Frw ugereranyije n’uyu mwaka wa 2022-2023 urimo kurangira. Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagaragaje imiterere y’ingengo y’imari ya 2023 - 2024 Icyakora Minisitiri Dr Ndagijimana yatangarije Inteko Ishinga Amategeko ko Ubukungu bw’u Rwanda muri 2023-2024 bushobora guhura n’imbogamizi zirimo imihindagurikire […]

todayJune 16, 2023

Inkuru Nyamukuru

Turahirwa Moise washinze inzu y’imideli ya Moshions yarekuwe

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwarekuye by’agateganyo Turahirwa Moïse washinze inzu y’imideli ya Moshions, akaba akurikiranyweho ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge no gukora inyandiko mpimbano. Turahirwa Moise hamwe n’umwunganizi we Urukiko rwafashe icyemezo cyo kumurekura kuri uyu wa Kane tariki 15 Kamena 2023 ariko ategekwa kutarenga imbibi z’u Rwanda no kujya yitaba Ubushinjacyaha buri cyumweru. Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 12 Kamena 2023 nibwo Moses Turahirwa yitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge […]

todayJune 15, 2023

Inkuru Nyamukuru

Yikoreye isanduku irimo amasasu yishe Abatutsi muri ISAR Songa (Ubuhamya)

Mu rubanza rwa Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena, humviswe umutangabuhamya warangije igihano cye nyuma yo kwemera ko yikoreye isanduku yarimo amasasu yicishijwe Abatutsi bari barahungiye kuri Isar-Songa mu 1994. Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris aho Hategekimana Philippe (Biguma) aburanira Mu rubanza rwa Hategekimana Philippe uzwi nka Biguma, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena, humviswe umutangabuhamya warangije igihano cye nyuma yo kwemera ko […]

todayJune 15, 2023

0%