Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 137 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Qatar: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye itangizwa ry’imurikagurisha mpuzamahanga

Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente ari i Doha muri Qatar aho yagiye guhagararira Perezida Paul Kagame mu imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto, imboga n'indabo rizamara amezi 6.  Minisitiri w'Intebe yifatanyije n'abayobozi banyuranye bo ku rwego rw'isi mu gutangiza iri murika rizasozwa taliki 28 Werurwe 2024.  Ni ibirori bigamije kwishimira umusaruro w'imboga, imbuto n'indabo no gushyigikira urusobe rw'ibinyabuzima n'iterambere rirambye ku rwego rw'isi.  Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente kandi yifatanyije na Emir wa […]

todayOctober 3, 2023

Inkuru Nyamukuru

Turkiya: Igitero cy’abiyahuzi mu mujyi wa Ankara cyakomereje Abapolisi

Prezida Recep Tayyip Erdogan wa Turkiya yavuze ko abakora iterabwoba batazigera bagera ku ntego zabo zo guhungabanya umutekano w’igihugu nyuma yaho igisasu giturikiye hafi y’ingoro y’inteko ishinga amategeko kigakomeretsa abapolisi babiri mu murwa mukuru, Ankara. Icyo gisasu cyaturikiye hanze y’ibiro bikuru bya ministeri y’umutekano cyateje ibyotsi byinshi mu kirere. Ako gace ni ko kubatsemo ibiro bya za ministeri nyinshi n’inteko ishinga amategeko. Icyakora ntibyahagaritse imirimo gukorwa kuri iki cyumweru. Avungira […]

todayOctober 2, 2023

Inkuru Nyamukuru

Abayobozi n’abanyeshuri baturutse mu ishuri rya gisirikare rya Zambia bari mu ruzinduko mu Rwanda

Intumwa zigizwe n’abayobozi, abarimu n’abanyeshuri bagera kuri 20 baturutse mu ishuri rya gisirikare rya Zambia Defence Services Command and College College, bari mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda, basuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda. Izi ntumwa zasuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura kuri uyu wa mbere tariki 2 Ukwakira 2023, aho zari ziyobowe na Col CM Munachilemba. Ku cyicaro cya RDF, bakiriwe n’Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Ronald […]

todayOctober 2, 2023

Inkuru Nyamukuru

Hatangijwe ukwezi kwahariwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake

Ku Cyumweru tariki ya 1 Ukwakira 2023, mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jali, akagari ka Nkusi, hatangijwe ukwezi kwahariwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake ku rwego rw’igihugu.  Ni ibikorwa byatangijwe n’umuganda wo gucukura ibyobo bifata amazi y’imvura yasenyeraga abaturage mu muganda wahurije hamwe urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu karere ka Gasabo n’abaturage batuye mu kagari ka Nkusi. Kubana Richard, Umuhuzabikorwa w’urubyiruko rw’abakorerabushake muri Minisitiri y'Ubutegetsi bw'igihugu yavuze ko ibikorwa byatangijwe n’uru rubyiruko bigaragaza […]

todayOctober 2, 2023

Inkuru Nyamukuru

RIB yafunze Harerimana Joseph uzwi nka ‘Apôtre Yongwe’

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Pasiteri Harerimana Joseph uzwi ku izina rya ‘Apôtre Yongwe’. Harerimana Joseph (Apôtre Yongwe) Apôtre Yongwe yafashwe tariki 01 Ukwakira 2023, akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ibizwi nka ‘escroquerie’ mu rurimi rw’Igifaransa. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko afungiye kuri Sitasiyo ya Kimihurura, mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo yohererezwe Ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’Itegeko. Harerimana […]

todayOctober 2, 2023

Inkuru Nyamukuru

Nyamasheke: Abantu 10 bubakaga ku Rwibutso bagwiriwe n’umukingo

Abaturage bari mu bikorwa byo kubaka urukuta ku mukingo wo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Rwamatamu ruherereye mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke, bagwiriwe n’umukingo, babiri bahasiga ubuzima, abandi umunani barakomereka. Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyamasheke, Muhayeyezu Joseph Desire yatangarije Kigali Today ko ibi byago byabaye ku wa Mbere tariki 02 Ukwakira 2023 saa 10h30 aho abo baturage barimo bubaka urukuta rw’amabuye kuri uwo mukingo nyuma […]

todayOctober 2, 2023

Inkuru Nyamukuru

Australia: Bwa mbere ku isi inzoka nzima bayisanze mu bwonko bw’umuntu

Ku nshuro ya mbere ku isi, abahanga muri siyanse batangaje ko basanze inzoka nzima ya 8cm iri mu bwonko bw’umuntu, akaba ari umugore wo muri Australia. Iyi nzoka bayivanye mu gice cy’imbere cy’ubwonko bw’uyu mugore cyari gifite ikibazo, ubwo bamukoreraga ibikorwa byo kumubaga byabereye i Canberra umwaka ushize. Iyo nzoka y’umutuku yari imaze amezi abiri mu bwonko bwe. Abashakashatsi baraburira ko ibi byongera gushimangira ibyago birimo kwiyongera by’indwara ziva ku […]

todayAugust 29, 2023

Inkuru Nyamukuru

Putin ntazitabira inama ya G20

Perezida w'u Burusiya Vladimir Putin aganira kuri telefone na Minisitiri w'intebe w'u Buhinde Narendra Modi, yamutangarije ko atazitabira inama y'itsinda ry'ibihugu 20 bikize cyane ku isi rya G20. U Buhinde ni bwo buzakira inama y'uyu mwaka, izabera mu murwa mukuru Delhi kuva ku ya 9 kugeza ku ya 10 Nzeri 2023. Putin yabwiye Modi ko Minisitiri w'ububanyi n'amahanga Sergei Lavrov ari we uzitabira iyo nama mu mwanya we. Mu itangazo, […]

todayAugust 29, 2023

0%