Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 58 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

RISA yaguze ikoranabuhanga rya Miliyari ebyiri, abarihawe ntibarikoresha

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (RISA) cyaguze ikoranabuhanga cyishyura arenga Miliyari ebyiri, hagamijwe gufasha inzego za Leta mu kazi kabo ka buri munsi, ariko iryo koranabuhanga ntiryakoreshejwe uko bikwiye biteza Leta igihombo. Ibi ni ibyagaragajwe na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, ibintu byanatumye kuri uyu wa 7 Gicurasi RISA yitaba Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo w’Igihugu (PAC) ngo itange ibisobanuro kuri iryo koranabuhanga ridakoreshwa. […]

todayMay 7, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyanza yatangiye gukurikiranwa ku byaha akekwaho bya Jenoside

Polisi y’u Rwanda yavuze ko yatangiye gukurikirana Dosiye ya SP Musonera Eugene Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyanza, ku byaha akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yatangarije Kigali Today ko uyu mupolisi wayoboraga Polisi mu Karere ka Nyanza, yahamagajwe ngo abazwe ku byo akekwaho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Ati: "Ibyo akekwaho byose bihanwa n’amategeko azakurikiranwa hakurikijwe […]

todayMay 7, 2024

Inkuru Nyamukuru

Harimo na ruswa y’igitsina: Amananiza mu imenyerezamwuga, urucantege ku biga imyuga

Esther Masengesho w’imyaka 21, yarangije amasomo ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro, mu mwaka wa 2023, mu Ishuri ryigisha Tekiniki Imyuga n’Ubumenyi Ngiro ryahoze ryitwa EAV Gitwe, ubu ryahindutse TSS Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma. Yize amasomo ajyanye no gukora za Porogaramu za Mudasobwa (Software Development). Mu gihe cy’imenyerezamwuga mu myaka ibiri ya nyuma isoza amasomo ye, buri mwaka yasabwe kwishyura amafaranga ibihumbi 30 y’u Rwanda, yitwa aya ‘Stage’. Bivuze […]

todayMay 7, 2024

Inkuru Nyamukuru

Jimmy Gatete wageze mu Rwanda arongera kuhakinira ruhago hatahwa Kigali Universe

Umunyabigwi Jimmy Gatete wabaye rutahizamu w’Amavubi yageze mu Rwanda aho aje gutangiza ikibuga cy’imikino kizwi nka Kigali Universe kiri mu mujyi wa Kigali Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ni bwo Jimmy Gatete wabaye umwe mu banyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, aho yaje gutangiza ku mugaragaro. Jimmy Gatete nyuma yo gusezera umupira w’amaguru utarakunze kugaragara mu bindi bikorwa bifite aho bihuriye na siporo, aje mu Rwanda aho azitabira […]

todayMay 7, 2024

Inkuru Nyamukuru

Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yatumye hari abarigarukamo bari bararitaye

Nubwo Goverinoma y’u Rwanda yashyizeho gahunda zitandukanye zigamije gufasha abana bose kwiga neza, haracyagaragara abata ishuri, kuko muri 2021/22, abana bataye ishuri bangana na 194,721 mu barenga Miliyoni 2.7 bari banditswe nk’uko imibare yo mu gitabo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (Statistical Year Book 2023) ibigaragaza. Zimwe muri gahunda zaje nk’umuti hakaba harimo n’iyo kugaburira abana ku ishuri. Mu kiganiro Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, […]

todayMay 6, 2024

Inkuru Nyamukuru

Indwara yivujwe ku bitaro kurusha izindi ni amenyo-RBC

RBC ivuga ko hari ibimenyestso by’ibanze umuntu akwiye kubona akajya kwa muganga kuko ashobora kuba arwaye amenyo cyangwa ishinya. Abantu benshi bajya kwivuza amenyo n’ibijigo ari uko ibageze kure bigatuma hivuza benshi. Abantu bagirwa inama yo kwivuza hakiri kare. Mu bitaro indwara iza ku mwanya wa mbere abantu mu ngeri zitandukanye baza kwivuza ni amenyo n’ibijigo. Mu mwaka 2018 abivuje izi ndwara banganaga 175,605 mu gihe mu mwaka 2022 bakubye […]

todayMay 6, 2024

Inkuru Nyamukuru

Umuyobozi wa RGB yongeye kugaruka ku kibazo cya Rayon Sports

Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr Usta Kaitesi yongeye kuvuga ku byerekeranye n’ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka ine uru rwego rugize uruhare mu gushyiraho ubuyobozi bushya bwayo. Ubwo hasozwaga amarushanwa ‘Umurenge Kagame Cup 2024’ ku Cyumweru tariki 05 Gicurasi 2024, umuyobozi wa RGB, Dr Usta Kaitesi, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, ariko by’umwihariko aza kubazwa uko abona ikipe ya Rayon Sports. Dr Usta Kaitesi yabanje kuvuga uko ibibazo bya Rayon Sports […]

todayMay 6, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Uganda biri mu nama yiga ku mutekano

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 6 gicurasi 2024, U Rwanda na Uganda byahuriye mu karere ka Nyagatare aho ibihugu byombi biri kuganira ku mutekano wabyo n’ibindi biwubakiyeho. Ni Inama yiswe “Rwanda and Uganda Cross Border Security Meeting” ihurije hamwe intumwa z’ibihugu byombi mu gusuzuma no gushyiraho uburyo bunoze bwo gukomeza guteza imbere umubano, ubucuruzi n’ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi. Iyi nama ibaye ku nshuro ya kabiri yitabiriwe n’abayobozi […]

todayMay 6, 2024

Inkuru Nyamukuru

Israel yahagaritse ibikorwa bya Al Jazeera

Leta ya Israel yahagaritse ibikorwa byose bya televiziyo ya Al Jazeera muri icyo gihugu. Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko iyi shene ya televiziyo ibanganira umutekano wa Israel ndetse igatuma abasirikare ba Israel bagirirwa nabi. Yongeyeho ko igihe cyari kigeze ko bahagarika abavugizi b’umutwe wa Hamas.Kuva kera abategetsi ba Israel bakunze kuvuga ko Al Jazeera itangaza amakuru abogamiye ku ruhande rw’abarwanya Israel na politiki zayo. By’umwihariko guhera tariki […]

todayMay 5, 2024

0%