Baganiriye ku bibazo byugarije Akarere k’Ibiyaga Bigari
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriye intumwa z’Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari ziyobowe na Jemma Nunu Kumba, baganira ku bibazo biriho bibangamiye aka Karere k’Ibiyaga Bigari. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko Dr Biruta yakiriye izi ntumwa ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 26 Gashyantare 2024, ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u […]