Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 67 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Baganiriye ku bibazo byugarije Akarere k’Ibiyaga Bigari

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriye intumwa z’Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari ziyobowe na Jemma Nunu Kumba, baganira ku bibazo biriho bibangamiye aka Karere k’Ibiyaga Bigari. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko Dr Biruta yakiriye izi ntumwa ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 26 Gashyantare 2024, ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u […]

todayFebruary 27, 2024

Inkuru Nyamukuru

Impapuro zizaba zitandukanye mu mabara: Byinshi ku matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko yatangiye imyiteguro y’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite ateganyijwe tariki 15 Nyakanga 2024. Ibi Komisiyo yabitangaje mu kiganiro ‘Dusangire Ijambo’ cyatambutse kuri Televiziyo y’u Rwanda tariki 25 Gashyantare 2024, abayobozi b’iyi Komisiyo bakaba batangaje ko aya matora azakorwa binyuze mu mucyo. Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa, avuga ko Abanyarwanda bishimiye uburyo aya matora yakomatanyijwe. Ati “Abafatanyabikorwa bari mu mitwe ya Politiki ndetse […]

todayFebruary 27, 2024

Inkuru Nyamukuru

Rwamagana: Abatuye mu Mudugudu wa Kamasasa barifuza umuriro w’amashanyarazi ufite ingufu

Abatuye mu bibanza byatunganyirijwe imiturire mu Mudugudu wa Kamasasa mu Kagari ka Runyinya, Umurenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko badafite umuriro w’amashanyarazi uhagije, nyamara ibikorwa remezo byawo bihari. Hari Imidugudu y’i Gahengeri muri Rwamagana isaba guhabwa umuriro ufite ingufu Abo baturage bavuga ko Umudugudu wabo ugizwe n’ingo zirenga 150, udaheruka umuriro w’amashanyarazi cyane cyane mu masaha y’umugoroba, aho uba ukenewe, bikabateza abajura, kwangirika kw’ibintu no kutagira igikorwa […]

todayFebruary 27, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Visi Perezida w’akanama kayoboye inzibacyuho muri Sudani

Perezida Paul Kagame yakiriye Malik Agar, Visi Perezida w’akanama kayoboye inzibacyuho muri Sudani n’intumwa ayoboye, bamugezaho ubutumwa bw’umuyobozi w’ako kanama. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye bwana Malik Agar, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gashyantare mu biro bye, gusa ibyo abayobozi bombi baganiriye ntibyatangajwe. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, byatangaje ko bwana Malik Agar n’intumwa ayoboye bagejeje kuri Perezida Paul Kagame, ubutumwa bwa Abdel-Fattah […]

todayFebruary 26, 2024

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda mu bihugu 70 byemeje amasezerano yo guteza imbere uburobyi

U Rwanda rwashyikirije Umuryango ushinzwe Ubucuruzi Mpuzamahanga (WTO), inyandiko ikubiyemo iyemezwa ry’amasezerano yiswe ‘WTO Agreement on Fisheries Subsidies’, agamije guteza imbere urwego rw’uburobyi mu buryo burambye no kurengera ibidukikije. U Rwanda rwatanze inyandiko yemeza amasezerano mu kurengera urwego rw’uburobyi Iki gikorwa cyabereye i Abu Dhabi, muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, ahateraniye inama ya 13 y’Abaminisitiri b’Ubucuruzi bo mu bihugu bihuriye muri WTO, yatangiye kuva kuri uyu wa Mbere tariki 26 […]

todayFebruary 26, 2024

Inkuru Nyamukuru

Kamonyi: Abantu 25 bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka ya RITCO

Abantu 25 bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka itwara abagenzi ya RITICO Express, yo mu bwoko bwa Bus Yutong, yavaga i Kigali yerekeza i Huye, ikaba yari igeze mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Kagari ka Nkingo, mu mudugudu wa Nyamugari, ndetse ihita inafunga umuhanda. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yatangarije Kigali Today ko iyi modoka yarimo abagenzi 45, impanuka ikaba yatewe no kunyuranaho nabi. Ati […]

todayFebruary 26, 2024

Inkuru Nyamukuru

Bimwe mu hihano byari byarafatiwe Guinea, Mali na Niger byakuweho

Umuryango w'ubukungu w'ibihugu byo muri Afurika y'uburengerazuba (CEDEAO) watangaje ko ugiye koroshya ibihano wafatiye Guinea na Mali. Uyu mwanzuro ufashwe nyuma y’umunsi umwe na none CEDEAO, itangaje ko n’ibihano byafatiwe Niger bigiye koroshywa. Uyu muryango wari wafatiye ibyo bihugu uko ari bitatu ibihano nyuma ya za kudeta zagiye zibibamo. CEDEAO yavuze ko yakuyeho ibihano by’imari n’ubucuruzi yari yarafatiye Guinea inakuraho inzitizi zari zarashyiriweho Abanya-Mali zibabuza guhatanira imyanya y’akazi muri uwo muryango. […]

todayFebruary 26, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abarwaye impyiko bishimiye impinduka zashyizweho na RSSB mu buvuzi

Abarwayi b’impyiko mu Rwanda batangaza ko bishimiye impinduka zashyizweho n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwemeye ko abarwayi b’impyiko bashobora gufata imiti bakenera hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza buzwi nka Mituweli. Abarwaye impyiko bishimiye ko bazajya babasha kwivuza bifashishije Mituweli Gasana Gallican, umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga muri RSSB mu kiganiro aherutse kugirana na KT Radio, yatangaje ko hari amavugururwa mu gufasha abantu bafite indwara zidakira zirimo impyiko na kanseri. Yagize ati “Dusanzwe dutanga […]

todayFebruary 26, 2024

Inkuru Nyamukuru

Ukraine: Abasirikare ibihumbi 31 bamaze kugwa ku rugamba bahanganyemo n’u Burusia

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yavuze ko igihugu kimaze gutakaza abasirikare ibihumbi 31 baguye ku rugamba ndetse asaba ko inkunga y’amahanga yihuta kugirango bazabashe kuzatsinda intambara barimo n’u Burusia. Perezida Zelensky yasabye Leta zunze ubumwe z’Amerika kwemeza vuba inkunga ya gisirikari, avuga ko bayikeneye cyane muri ibi bihe. Ibi yabivuze ubwo hibukwaga imyaka ibiri ishize Uburusiya buteye Ukraine ku ya 24 Gashyantare, ndetse avuga ko gutsinda u Burusia bisaba ubushobozi […]

todayFebruary 26, 2024

0%