MINALOC yahaye abanyamadini n’amatorero amabwiriza akurikizwa mu kwitegura ko bakomorerwa
Kuri uyu wa kane tariki 2 Nyakanga, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yashyize ahagaragara amabwiriza agomba kubahirizwa mu rwego rwo kwitegura ifungurwa ry’insengero n’imisigiti mu gihe cya COVID-19. Itangazo rya MINALOC riravuga ko ahasengerwa ari ahasanzwe habera amateraniro kandi hujuje ibisabwa n’amategeko mu Rwanda. Ahasengerwa hazabanza kugenzurwa n’itsinda rishinzwe kwemeza ko hujuje ibisabwa mu kwirinda Coronavirus rigizwe n’inzego zikorera mu murenge aho urusengero ruri n’abahagarariye idini, bikemezwa n’inzego z’Akarere. Iri tangazo […]
Post comments (0)