Inkuru Nyamukuru

Akarere ka Nyamagabe kiyemeje kuvuza Tegamaso wari warabuze miliyoni 8 zo kwivuza

todayJuly 10, 2020 32

Background
share close

Akarere ka Nyamagabe kiyemeje kuvuza umuturage witwa Tegamaso Cyprien wari warabuze miliyoni 8 zo kwivuza.

Uyu muturage yari amaze imyaka ibiri arwaye yarabuze ubushobozi bwo kwivuza, amakuru y’uko akarere kagiye kumuvuza akaba agaragara mu rwandiko ako karere kandikiye ibitaro byitiriwe umwami Faisal tariki 02 Nyakanga 2020, kagaragaza ko ari mu cyiciro cyambere cy’ubudehe kandi ko kazamwishyurira serivisi z’ubuvuzi gashingiye kuri fagitire proforma ibyo bitaro byamuhaye tariki 04 Gashyantare 2020.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe Bonaventure Uwamahoro nawe yemeje ayo makuru, anavuga ko akarere kazamuvuza hamwe n’abandi baturage batatu bari basabye ubufasha.

Tegamaso afite utugufa tubiri two mu ruti rw’umugongo abaganga bavuga ko twamunzwe, akaba yabwiye umunyamakuru wacu Marie Claire Joyeuse ko ubu afite icyizere cyo kuzongera guhaguruka agakorera urugo rwe.

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ibikorwa byo kubungabunga Sebeya biratuma mu myaka 3, izaba itagiteza ibiza

Umuyobozi w'Ikigo gishinzwe kubungabunga amazi n'amashyamba mu Rwanda, Ngabonziza Prime yemeza ko mu myaka itatu iri imbere Ibiza biterwa n’umugezi wa Sebeya bizaba bitangiye kuba amateka. Ibi abishingira ku bikorwa bikumira Ibiza n’imyuzure birimo gukorwa mu cyogogo cya Sebeya. Ibikorwa byo kubungabunga icyogogo cya Sebeya ubu birakorwa mu turere twa Rubavu, Nyabihu, Rutsiro na Ngororero, bikaba birimo gukora amaterasi arwanya ko ubutaka bwongera kugenda ahahingwa. Umva inkuru irambuye hano:

todayJuly 10, 2020 46

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%